• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umugore w’umuhanzi Jose Chameleone arashaka 60% by’umutungo w’umugabo we muri gatanya asaba

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umugore w’umuhanzi Jose Chameleone arashaka 60% by’umutungo w’umugabo we muri gatanya asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Daniella Atim washyingiranywe n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Jose Chameleone, ubu akaba ari kwaka gatanya, arasaba 60% by’umutungo w’umugabo we, mu kirego yagejeje mu Rukiko.

Ubu busabe bwa Daniella, bukubiye mu kirego cyashyikirijwe Urukiko, asabamo kurangiza isezerano ryo gushyingiranwa yari afitanye na Chameleone bamaze imyaka 18 bashyingiranywe.

Daniella abinyujije mu itsinda ry’abanyamategeko be bari i Kampala muri Uganda, batanze iki kirego, mu gihe we yibereye muri Leta Zunze Ubumwe za America n’abana babo batanu.

Muri iyi gatanya, Daniella arifuza guhabwa 60% by’umutungo wa Jose Chameleone ugizwe n’ibikorwa binyuranye, birimo amazu, ibibanza n’amasambu.

Muri 2023, Daniella yatangaje ko yamaze gutandukana n’uyu Muhanzi w’ikirangirire muri Uganda, kubera ihohoterwa rishingiye ku gitsina yamukorera, ririmo kukumukubita, kumuhoza ku nkeke, ndetse no kumukorera ibikorwa by’ibabazamubiri.

Yavuze ko ibi byatumye afata icyemezo cyo kujya kwibana n’abana be akabarera wenyine muri Leta Zunze Ubumwe za America, kugira ngo abashe kubona ubwinyagamburiro, anabashe kwivuza ibibazo byo mu mutwe yatewe n’ibyo yakorewe n’umugabo we.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga muri icyo gihe, Daniella yavuze kandi ko yahawe icyangombwa kibuza umugabo we Chameleone gukandagira mu rugo rwe muri America.

Yari yagize ati “Ikindi kandi ni gushakisha icyangombwa kinyemerera kuzabasha kugira uburenganzira bwo gukora business hano ubundi ngatangira ubuzima bwanjye nkorera aha.”

Ikirego cya gatanya asaba, kizaburanishirizwa i Kampala muri Uganda, aho abanyametegeko be ari bo bazagikurikirana we yibereye muri America.

Jose Chameleone n’umugore we Daniella ubwo bakoraga ubukwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Next Post

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby'ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.