• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

radiotv10by radiotv10
08/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nemeye Platini P. arwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, nyuma yo gufatwa n’uburwayi, akabanza kubusuzugura, yajya kwivuza akarara mu Bitaro.

Uyu muhanzi uzwi nka Platini P. arwariye mu Bitaro bya CHUK kuva kuri iki Cyumweru tariki 07 Kamena 2026 nk’uko amakuru yizewe atugeraho abyemeza.

Uwaduhaye amakuru avuga ko ko Platini yabanje kurwara, aho yafashwe afite intege nke, ariko akabanza kubisuzugura, yumva ari umunaniro usanzwe ko biza kugenda, neza ariko akomeza kuremba.

Byageze kuri iki Cyumweru ubwo yajyaga kwivuza mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, ahita anasabwa kuvurwa acumbikiwe kwa muganga.

Ishimwe Clement, Umuyobozi w’Inzu ifasha abahanzi ya KINA Music isanzwe inabarizwamo Platini, yavuze ko koko arwaye ariko ko uko ameze bidakanganye.

Yagize ati “Ntabwo bikomeye byo guca igikuba. Yagiye kwa muganga ku wa 7 Kamena 2026 birangira arayeyo ariko igihe icyo ari cyo cyose yataha kuko ntabwo bikomeye cyane.”

Umuhanzi Platini arwariye mu Bitaro nyuma y’amezi abiri undi muhanzi nyarwanda, The Ben na we agiye mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare biherereye i Kanombe mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Umuhanzi The Ben na we yagiye kwa muganga nyuma yo kubanza gusuzugura uburwayi yari yagize, akeka ko ari umunaniro, yajya kwivuza na we agasabwa gucumbikirwa ku Bitaro kugira ngo yitabweho n’abaganga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 9 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: AFC/M23 yashyizeho abayobozi b’inzego mu bice byabohowe barimo Ngabo Désiré wagizwe Mayor wa Goma

Related Posts

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yababajwe n’urupfu rw’umukinnyi w’ikinamico banakinanye witabye Imana

by radiotv10
08/06/2026
0

Bamporiki Edouard wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda zirimo na Guverinoma, yababajwe n’urupfu rwa Nyirabagande Drocelle Fridaus wamenyekanye nka ‘Langwida'...

Don’t think you’re resting when you’re just scrolling on your phone

Don’t think you’re resting when you’re just scrolling on your phone

by radiotv10
07/06/2026
0

After a long day, most people tell themselves they are resting when they pick up their phone “just for a...

Why adults need hobbies too

Why adults need hobbies too

by radiotv10
05/06/2026
0

In adulthood, life slowly becomes a routine of responsibilities, work, bills, family obligations, deadlines, and constant pressure to keep everything...

Ibyamamare Will Smith n’umugore we bagaragaye mu ruhame bwa mbere mu mezi atandatu

Ibyamamare Will Smith n’umugore we bagaragaye mu ruhame bwa mbere mu mezi atandatu

by radiotv10
04/06/2026
0

Ibyamamare muri sinema, Will Smith n'umugore we Jada Pinkett Smith, bavuzweho kugirana ibibazo mu rushako rwabo, bagaragaye bari kumwe mu...

The benefits of spending one day offline

The benefits of spending one day offline

by radiotv10
04/06/2026
0

In today's world, being connected all the time feels normal. From checking messages and scrolling through social media to watching...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

AMAKURU MASHYA: AFC/M23 yashyizeho abayobozi b’inzego mu bice byabohowe barimo Ngabo Désiré wagizwe Mayor wa Goma

Abandi banyamahanga bavugwaho urugomo mu Rwanda bari mu maboko ya Polisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.