Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo avuga ko yiyemeje gukundana n’abagore batatu kandi bose bakaba babizi, nyuma yo gufatwa aca inyuma umugore we, akiyemeza kuzajya ashyira ku mugaragaro abakunzi be kandi bose bakaba baziranye.
Ni nyuma yuko uyu muhanzi amaze igihe ari mu rukundo n’abagore batatu, banajyana mu birori binyuranye, aho ajyenda bose abitaho nk’uko umusore cyangwa umugabo yita ku mukunzi we.
No mu mpera z’icyumweru gishize kandi uyu muhanzi yagaragaye ari kwishimira isabukuru n’abakunzi be batatu.
Ne-Yo yavuze ko nyuma yuko atandukanye n’umugore we kubera gufatwa amuca inyuma, ubu yiyemeje kujya akundana n’abagore batatu kandi bose bakaba babizi ko bahuriye ku mugabo umwe.
Yagize ati “Nyuma ya gatanya yabaye mbi, nafashe icyemezo cyo kutazongera kubeshya umugore ukundi. Nafashe icyemezo cyo kudashaka kuba impamvu umuntu uwo ari we wese yumva ameze atyo.”
Uyu muhanzi avuga kandi ko gukundana n’abagore batatu, bisaba uburyo bwihariye ariko ko bitanagoye nk’uko bamwe babikeka.
Yagize ati “Bisaba imyumbire yo kuvuga ngo ‘Okay, dusangiye uyu muntu umwe, bivuze ko hari igihe kizagera nshake kwitabwaho kandi sinzabishobora.’ Ugomba kubyemera. Ugomba kwemera ibyo. Menya neza ko ari byo koko.”
Avuga ko na we ubwe hari igihe kigera akumva ko hari uwo agomba kwitaho, cyangwa se akumva ko agomba kubitaho bose, ariko ko bose baba bagomba kubyumvikanaho kandi bagahuza imyumvire.
Ne-Yo kandi avuga ko hari abakeka ko ari uko bose aba ashaka kuryamana nabo bagakora imibonano mpuzabitsina, ariko ko muri uru rukundo rwabo, n’icyo gikorwa gifite umwanya muto.
Ati “Ngomba kwizera ko bose mbitaho. Ni ibyanjye ariko ni n’ibyabo, yego ni abagore batatu bafite uko bateye gutandukanye. Buri wese agira uruhare rwe mu gukorera hamwe hagamijwe intego imwe.”
RADIOTV10










