Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu Rwanda. Yamuritse iyi album ubwo yizihizaga isabukuru ye y’imyaka 45.

Kuri uyu wa Gatatu taliki ya 17 Nzeri 2025 wari umunsi ukomeye ku muhanzikazi Tonzi kuko niyo taliki yavukiyeho,yayiteguyeho ibirori yizihiza imyaka 45 amaze ku isi ,yanashyize hanze umuzingo (Album) ye ya cumi.

Ni ibirori byabereye iwe mu rugo ku gisozi byitabirwa n’umuryango n’inshuti zirimo abahanzi bagenzi be barimo Bosco Nshuti, Gaby Kamanzi, Alexis Dusabe, Esther Niyifasha baoranye indirimbo iri kuriyi Album nshya,Gashongore Vincent nawe bakoranye indirimbo n’abandi . Harimo kandi Muyoboke Alexis , Umuhanzi Bwiza, Clipton Kibonke, Anita Pendo, Rusine Patrick n’umugore we.

Abajijwe icyo imyaka 45 ivuze mu muziki no mu buzima busanzwe yasubije RadioTV10 muri aya magambo: Ni ibirori ndimo kwizihizamo imyaka 45 ivuze byinshi kurinjye, murikiyemo Album yanjye ya 10 aho natumiye abantu twabanye muriyi myaka yose ngo twishimane.”

Yakomeje avuga ko imyaka 45 ivuze byinshi ku buzima bwe ati “Ivuze byinshi ku buzima bwanjye,bizuze uburinzi bw’Imana,ivuze imbaraga z’Imana ivuze byose ku Mana yanjye ,uburyo yandemye ikankuza nkaba ngeze kuri iyi myaka ,kera najyaga numva nzaba mfite imvi.”

Uyu muhanzikazi Tonzi yavuze ko ubwo aheruka kwibaruka umwana we w’ubuheture (wa gatatu) yavuze ko yarwaye cyane nyuma ko kumubyara akamara igihe kinini atabasha kugera hanze,ibyo ngo byatumye ahiga ko nyuma y’imyaka itanu azakora azashima Imana.

Yagize ati “Nyuma yo kubyara umwana wa gatatu nararwaye cyane mara amazi arindwi ntagera hanze,nyuma nabwiye satani ngo ngomba gukomeza kuririmba ndetse ndavuga ngo tugomba kuzataramira hano nyuma y’imyaka itanu ahari kubera ikiriyo cyanjye niyo mpamvu nabatumyeho ngo muze dushime Imana.”

Tonzi ukora cyane kuko niwe muhanzi mu Rwanda ushyize hanze Album icumi haba mu miziki isanzwe no mu bakora imiziki wa Gospel, ni Album iriho indirimbo 12 kongeraho bonus indirimbo y’urukundo yakoreye umugabo we.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

Next Post

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Related Posts

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.