Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi w’uburanga yateranye amagambo n’uwamukangishije kugaragaza amashusho ari gukora iby’abakuru

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Umuhanzikazi w’uburanga yateranye amagambo n’uwamukangishije kugaragaza amashusho ari gukora iby’abakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Bwiza Emerance uri mu bari kwigaragaza cyane mu Rwanda muri iyi minsi, yakozanyijeho mu magambo n’uwatangaje ko agiye gushyira ku karubanda amashusho amugaragaza ari gukora igikorwa cyo mu buriri.

Bwiza ni umuhanzikazi ukomeje kubica bigacika muri iyi minsi kubera ibihangano amaze iminsi ashyira hanze bigasamirwa hejuru na benshi biganjemo urubyiruko.

Aheruka gushyira hanze indirimbo yise Rumors, akaba anamaze iminsi atumirwa mu bitaramo bikomeye bibera mu Rwanda.

Ubu ikiri kumuvugwaho si indirimbo nziza yasohoye cyangwa amashusho meza yakoze, ahubwo ni impaka zazamutse hagati ye n’uwitwa Kasuku wamuteguje ko agiye kumugaragaza ari gukora imibonano mpuzabitsina.

Bwiza utakanzwe n’ibi byatangajwe ko bagiye kumugaragaza ari muri iki gikorwa gisanzwe ari ibanga rikomeye, yabaye nk’uwihenura kuri uwo wabimuteguje.

Yagize ati “Niba ari n’amafaranga byansaba ntayo naguha, kora ibyo wumva bigushimishije kuri njye.”

Kasuku na we yahise yongera aragaruka, atanga igitekerezo kuri iki cya Bwiza, amugaragariza ko atewe ubwoba nuko ayo mashusho yajya hanze. Ati “Hama hamwe bakote nigaramiye.”

Ibikorwa nk’ibi si bishya mu bahanzi aho rimwe na rimwe bikunze gukorwa mu buryo bwo gukomeza kuzamura amarangamutima y’abakunda ibihangano byabo cyangwa bashaka kwamamaza ibikorwa byabo baba bagiye gushyira hanze.

Uzwi cyane ni uwitwa Davis D wigeze kumvikana mu majwi aterana amagambo n’umukobwa kuri Telefone amubwira ko yamuteye inda, banyuzamo bakanashwana aho uwo mukobwa aba amucyurira ko yamutayeho amafaranga menshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − two =

Previous Post

DRC: Batanu barimo Umusirikare wo hejuru muri FARDC basize ubuzima mu gico cy’inyeshyamba

Next Post

Perezida Kagame yavuganye kuri telefone n’Umwami w’u Bwongereza Charles III

Related Posts

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

by radiotv10
25/05/2026
0

Most people think about health and money as two separate conversations. Health is about what you eat, how much you...

IZIHERUKA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima
AMAHANGA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuganye kuri telefone n’Umwami w’u Bwongereza Charles III

Perezida Kagame yavuganye kuri telefone n’Umwami w’u Bwongereza Charles III

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.