• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in MU RWANDA
0
Umujyi wa Kigali wakemuye kibazo cy’abawishyuzaga miliyoni 10Frw bakoreye mu mezi umunani ashize
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwemeje ko bwakemuye ikibazo cy’abakoze imirimo yo gutera ubusitani muri uyu Mujyi ubwo mu Rwanda habaga Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare, ntibishyurwe arenga miliyoni 10 Frw.

Abateye ubusitani, bavuga ko bari bagiranye amasezerano na Kigali Youth Cooperatives Gasabo, bavugaga ko bakoze imirimo yo gutera ubusitani mu Mujyi wa Kigali ubwo habaga Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare UCI Road World Championships yabaye umwaka ushize.

Bavuga ko iyi Koperative yari yabemereye ko bazishyurwa nyuma y’iminsi 15 barangije igikorwa, ariko ntibishyurwe amafaranga bakobokeye.

Ubuyobozi bw’iyi Koperative y’Urubyiruko, na bwo bwavugaga ko kutishyurwa kw’aba bantu, byatewe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwari butarabishyura, mu gihe ariya masezerano yari yashyizweho umukono tariki 16 Nzeri 2025, kandi abateye buriya busitani bari bizejwe kwishyurwa mu minsi 15.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya, nyuma yo kugezwaho iki kibazo no kugikurikirana, yemeje ko koko cyabayeho ariko ko cyamaze gukemurwa.

Yagize ati “Ni byo koko, Koperative y’urubyiruko ya Gasabo ni yo yahawe akazi ko gutera ubusitani ahantu hatandukanye. Yagiranye amasezerano na Alioni Multisuply kugira ngo iyifashe kurangiza ako kazi mu gihe gito.”

Emma Claudine akomeza agira ati “Hakurikijwe amategeko agenda imyishyurize mu bigo bya Leta, Koperative yatanze raporo n’ibindi bisabwa, ariko bituzuye.”

Arongera ati “Ibyari byasabwe bibura byagejejwe ku Mujyi wa Kigali kandi no kwishyura byamaze gukorwa.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, yibukije ko uru rwego rwishyura binyuze mu nzira zemewe n’amategeko, bityo ko abakorana na rwo bagomba kujya bakurikiza ibiba byasabwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

Next Post

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.