• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Amandah Darling wavuzwe mu rukundo n’umukobwa mugenzi we, yashyize hanze ibikorwa by’ihohoterwa yakorewe n’uyu mukunzi we birimo kumukubita amuziritse.

Isimbi Amandine cyangwa Amandah Darling yatangaje ibi mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Snapchat nyuma akaza kubusiba, aho yagaragaje iryo hohoterwa yakorewe n’umukunzi we w’Umunya-Uganda Amollo Karol.

Muri ubu butumwa bunagaragaza amwe mu mashusho yafashwe muri ibyo bihe yahohoterwaga n’umukunzi we, Amandah Darling agaragaza ko hari igihe yamuzirikaga ubundi akamuhata ikiboko.

Uyu mukobwa avuga ko nubwo ibyo byose byamubagaho ariko yakomezaga kugumana n’umukunzi we, ku buryo na we yumva hari aho atibaniye.

Ati “Reka mbisubiremo, abantu ni abarwayi bo mu mutwe, baba bafite ihungabana. Niba ubonye ibimenyetso, ukwiye kugenda. Nubwo ibi byose byabaga, nemeraga kuhaguma, ntekereza ko we ari njye wakoze amakosa, kugeza ubwo nari ngiye kuhasiga ubuzima.”

Uyu mukobwa wavugaga ko adatewe ipfunwe no kuvuga ibi byamubayeho, yakomeje avuga ko ibitekerezo byose yatangwaho cyangwa ibyo yavugwaho, ntacyamubabaza kurusha ibi byamubayeho.

Yavuze ko uwo mukunzi we yemeye kumuhishira ndetse ntanabibwire inshuti ze ngo zimunenge, kubera urukundo.

Amandah Darling n’umukunzi we Amollo Karol bakanyujijeho mu rukundo, bagiye banavugwaho kenshi kugirana ibibazo, ndetse uyu mukobwa w’Umunyarwandakazi rimwe agasubira iwabo mu Rwanda.

Bumwe mu butumwa bugaragaza ibyo yakorewe
Amandah n’umukunzi we w’umukobwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + four =

Previous Post

Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar

Next Post

Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.