Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wa Rusesabagina aracyemeza ko azarekurwa, ati “Iki kibazo ntaho u Rwanda ruzagihungira”

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA
0
Umukobwa wa Rusesabagina aracyemeza ko azarekurwa, ati “Iki kibazo ntaho u Rwanda ruzagihungira”
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wa Paul Rusesabagina, Carine Kanimba wakunze kwemeza ko u Rwanda ruzarekura umubyeyi we kubera igitutu ruzakomeza gushyirwaho n’amahanga, yavuze ko kuri we iki cyizere kigisendereye.

Yabivuze nyuma yuko u Rwanda rugenderewe n’ Umunyamabanga Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken wanaganiriye na Perezida Paul Kagame ku kibazo cya Rusesabagina Paul.

Leta Zunze Ubumwe za America, zakunze gushyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure uyu mugabo wakoze ibyaha bikomeye byanatumye bamwe mu banyarwanda bitaba Imana.

Antony Blinken mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 11 Kanama 2022, yavuze ko yagize amahirwe yo kuganira na Perezida Paul Kagame kuri iki kibazo cya Rusesabagina, gusa yirinda kuvuga byinshi bakiganiriyeho, ariko avuga ko u Rwanda na USA bazakomeza kubiganiraho.

Carine Kanimba mu kiganiro yagiranye n’Ijwi rya America, yavuze ko umuryango wa Paul Rusesabagina bishimiye ko abayobozi bakomeye ba USA bakomeje kuganira n’u Rwanda ku kibazo cy’umubyeyi wabo bavuga ko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “Ikibazo cye kizakomeza kuvugwa ku rwego rwo hejuru mu biganiro byose America igirana n’u Rwanda nkuko byasabwe n’Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko ya America.”

Uyu mukobwa wa Rusesabagina akomeza avuga ko America itazakura murujye kuko izakomeza kotsa igitutu u Rwanda mu gihe cyose umubyeyi we azaba akihafungiye.

Carine Kanimba avuga ko atari Leta Zunze Ubumwe za America zizakomeza kotsa igututu u Rwanda ngo rurekure Paul Rusesabagina kuko hari ibindi byemeza ko afunzwe mu buryo budakurikije amategeko.

Yagize ati “N’ibindi Bihugu na byo bibyemera bizakomeza gusaba ko amategeko mpuzamahanga yubahirizwa.Ikigaraga iki kibazo u Rwanda ruzagishakira umuti uboneke kuko ntaho bazagihungira.”

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yongeye kuvuga ko u Rwanda rudashobora gukangwa n’igitutu rwashyirwaho n’uwo ari we wese ngo rukore ibyo rutagombaga gukora.

Ubwo yatangaga igitekerezo cy’uwari wagarutse kuri iki gitutu USA ikomeje kotsa u Rwanda, Perezida Paul Kagame yabaye nk’umuhumuriza, agira ati “Humura…Hari ibintu bidashobora gukorwa hano muri ubwo buryo!!”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 2 =

Previous Post

DRC: Imirwano yabereye mu kirombe cya zahabu yaguyemo 13, abashinwa 4 barashimutwa

Next Post

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.