Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wa Rusesabagina aracyemeza ko azarekurwa, ati “Iki kibazo ntaho u Rwanda ruzagihungira”

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA
0
Umukobwa wa Rusesabagina aracyemeza ko azarekurwa, ati “Iki kibazo ntaho u Rwanda ruzagihungira”
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wa Paul Rusesabagina, Carine Kanimba wakunze kwemeza ko u Rwanda ruzarekura umubyeyi we kubera igitutu ruzakomeza gushyirwaho n’amahanga, yavuze ko kuri we iki cyizere kigisendereye.

Yabivuze nyuma yuko u Rwanda rugenderewe n’ Umunyamabanga Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken wanaganiriye na Perezida Paul Kagame ku kibazo cya Rusesabagina Paul.

Leta Zunze Ubumwe za America, zakunze gushyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure uyu mugabo wakoze ibyaha bikomeye byanatumye bamwe mu banyarwanda bitaba Imana.

Antony Blinken mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 11 Kanama 2022, yavuze ko yagize amahirwe yo kuganira na Perezida Paul Kagame kuri iki kibazo cya Rusesabagina, gusa yirinda kuvuga byinshi bakiganiriyeho, ariko avuga ko u Rwanda na USA bazakomeza kubiganiraho.

Carine Kanimba mu kiganiro yagiranye n’Ijwi rya America, yavuze ko umuryango wa Paul Rusesabagina bishimiye ko abayobozi bakomeye ba USA bakomeje kuganira n’u Rwanda ku kibazo cy’umubyeyi wabo bavuga ko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “Ikibazo cye kizakomeza kuvugwa ku rwego rwo hejuru mu biganiro byose America igirana n’u Rwanda nkuko byasabwe n’Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko ya America.”

Uyu mukobwa wa Rusesabagina akomeza avuga ko America itazakura murujye kuko izakomeza kotsa igitutu u Rwanda mu gihe cyose umubyeyi we azaba akihafungiye.

Carine Kanimba avuga ko atari Leta Zunze Ubumwe za America zizakomeza kotsa igututu u Rwanda ngo rurekure Paul Rusesabagina kuko hari ibindi byemeza ko afunzwe mu buryo budakurikije amategeko.

Yagize ati “N’ibindi Bihugu na byo bibyemera bizakomeza gusaba ko amategeko mpuzamahanga yubahirizwa.Ikigaraga iki kibazo u Rwanda ruzagishakira umuti uboneke kuko ntaho bazagihungira.”

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yongeye kuvuga ko u Rwanda rudashobora gukangwa n’igitutu rwashyirwaho n’uwo ari we wese ngo rukore ibyo rutagombaga gukora.

Ubwo yatangaga igitekerezo cy’uwari wagarutse kuri iki gitutu USA ikomeje kotsa u Rwanda, Perezida Paul Kagame yabaye nk’umuhumuriza, agira ati “Humura…Hari ibintu bidashobora gukorwa hano muri ubwo buryo!!”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

DRC: Imirwano yabereye mu kirombe cya zahabu yaguyemo 13, abashinwa 4 barashimutwa

Next Post

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo
AMAHANGA

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.