• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

radiotv10by radiotv10
09/06/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Kisitu Kirabo usanzwe ari umunyamideri unazwi ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, yiseguye ku babonye amashusho ye y’urukozasoni, n’abagizweho ingaruka na yo, yemeza ko ari aye koko, ariko ko yari yafatiwe mu buryo bw’ibanga, akaba atazi uko yagiye hanze.

Ku mbuga nkoranyambaga, ntayindi nkuru yavugwaga muri Uganda, uretse amashusho y’uyu mukobwa w’ikimero n’ubwiza bihebuje, agaragaramo ari mu bikorwa by’urukozasoni.

Nyuma yuko aya mashusho asakaye, Kisitu Kirabo yashyize hanze itangazo, ryisegura ku bakunzi be babonye aya mashusho ndetse n’abo yagizeho ingaruka.

Yatangiye agira ati “Kuri buri wese wabonye cyangwa wagizwego ingaruka n’ishyirwa hanze ry’amafoto yanjye bwite ryakozwe mu buryo butemewe, mbiseguyeho.”

Yakomeje agira ati “Aya mafoto yafashwe kandi yoherezwa mu ibanga kandi ntiyigeze agenerwa abantu bose kuyareba. Gusohoka kwayo ntabitangiye uburengaznira byateje ibikomere, isoni, n’agahinda, si kuri njye gusa ahubwo no ku muryango wanjye, inshuti, n’undi wese wayabonye. Ndemera inshingano zose zo kuba ariho, kandi ndicuza ububabare cyangwa agahinda kose iki kibazo cyateje abandi.”

Kisitu Kirabo avuga ko ibi yakorewe byo gushyira hanze amashusho ye, ari ukwinjirira ubuzima bwe bwite, avuga ko nta ruhare na ruto abifitemo.

Ati “kandi ndi gukorana n’inzego zibishinzwe kugira ngo ikibazo gikemuke kandi hirindwe ko akomeza gukwirakwizwa.”

Yaboneyeho gusaba abantu guhagarika gukomeza gusakaza ayo mashusho, ku bw’ubuzima bwe bwite n’umuco ndangamyifatire bye by’ingenzi.

Uyu mukobwa kandi yashimiye abakomeje kumuba hafi muri ibi bihe bitamworoheye, aboneraho kuvuga ko akeneye umwanya we bwite w’umutuzo kugira ngo abanze asohoke muri ibi bibazo.

Kisitu Kirabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

Next Post

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Related Posts

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

by radiotv10
09/06/2026
0

Abahanzi n'abakunzi b'umuziki hirya no hino ku isi bakomeje kunamira no kwibuka umuhanga mu kwandika indirimbo no kuririmba, Mark Orabiyi,...

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

by radiotv10
08/06/2026
0

Umuhanzi Nemeye Platini P. arwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, nyuma yo gufatwa n’uburwayi, akabanza kubusuzugura, yajya...

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yababajwe n’urupfu rw’umukinnyi w’ikinamico banakinanye witabye Imana

by radiotv10
08/06/2026
0

Bamporiki Edouard wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda zirimo na Guverinoma, yababajwe n’urupfu rwa Nyirabagande Drocelle Fridaus wamenyekanye nka ‘Langwida'...

Don’t think you’re resting when you’re just scrolling on your phone

Don’t think you’re resting when you’re just scrolling on your phone

by radiotv10
07/06/2026
0

After a long day, most people tell themselves they are resting when they pick up their phone “just for a...

Why adults need hobbies too

Why adults need hobbies too

by radiotv10
05/06/2026
0

In adulthood, life slowly becomes a routine of responsibilities, work, bills, family obligations, deadlines, and constant pressure to keep everything...

Next Post
Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.