• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

radiotv10by radiotv10
06/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi ushinzwe ibururamari mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rumukurikiranyeho kunyereza miliyoni 1,5 Frw nyuma yo gusinyira umuturage sheki ko yishyuwe n’Umurenge kandi ntacyo yawukoreye, uregwa akaba yemera icyaha akavuga ko yashakaga ariya mafaranga ngo ayikenuze.

Uyu mubaruramari w’Umurenge wa Rwimiyaga, ari mu maboko ya RIB kuva hirya y’ejo hashize tariki 04 Gicurasi 2026, aho yatawe muri yombi nyuma yo gufatirwa mu cyuho.

Ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru, kivuga ko uyu Comptable Safari ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Rwimiyaga, akurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5 Frw nyuma yuko yari yasinyiye umuturage sheki ko yishyuwe n’Umurenge.

Amakuru avuga ko iyi sheki yasinywe na Safari y’ariya mafaranga tariki 01 Gicurasi 2026, yagaragaza ko ari ayo yishyuwe n’Umurenge, kandi nta gikorwa cyangwa serivisi yawuhaye.

Amakuru yatahuwe nyuma yuko uwo muturage, agiye kubikuza ayo mafaranga kuri Banki, hagahita hatangira iperereza ryatumye uyu mubaruramari atabwa muri yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rutangaza ko uyu mukozi ushinzwe ibaruramari mu Murenge wa Rwimiyaga, yari yabyumvikanyeho n’uriya muturage, kugira ngo amufashe kunyereza ayo mafaranga.

Nanone kandi uyu Safari, yemera ko uriya muturage yari yasinyiye sheki, ntacyo yari yakoreye Umurenge, ahubwo ko yabikoze kugira ngo abone ariya mafaranga ayikenuze, abashe gukemura ikibazo afite.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruri gutunganya dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu mubaruramari kugira ngo izashyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 19 =

Previous Post

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Next Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.