Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

Photo/The New Times

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabugeni Uwukunda Jean de Dieu ufite ubumuga bwo kutabona, wakoze ifoto ya Perezida Paul Kagame, avuga ko ari wo mutungo w’agaciro atunze kandi ko afite icyizere ko bazahura akayimushyikiriza.

Uwukunda Jean de Dieu wagize ubumuga bwo kutabona muri 2018, mu kiganiro yagiranye YouTube Channel yitwa Hobe, yavuze ko icyamufashije kwiyakira ari impanuro z’umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.

Ati “Mu gushaka kwiyakira ntawundi muntu natekereje nakorera ishusho kugira ngo ngaragaze ko nubwo tuba dufite ubumuga hari icyo tuba dushoboye.”

Avuga ko iyi foto yakoze yumva ko izamufasha kwiyakira, yamukoreye ibitangaza kuko yakiriwe neza na benshi.

Ati “Ni yo mpamvu ari yo foto y’agaciro ngira mu buzima bwanjye yatumye niyakira, yatumye menya Gashumba Diane [yari Minisitiri w’Ubuzima], yatumye njya mu bitangazamakuru, yatumye menyekana, ituma menyana n’abantu benshi bafite agaciro.”

Uwukunda Jean de Dieu avuga ko iyi foto yamubereye urumuri rumumurikiran ibyo akora byose, gusa ngo inzozi ze ntiziraba impamo atarahura na nyirayo ngo ayimushyikirize.

Ati “Mu isengesho ryanjye, mu bitekerezo byanjye, mu bintu byose mba nkora…mpora mfite icyizere n’ibyiringiro byinshi ko nzahura na we, kandi nzahura na we ndabyizeye kuko mpuye na we nkamushyikiriza iyi mpano ikava mu nzu yanjye ntabwo nazabyibagirwa.”

Uyu munyabugeni ukora n’ibindi bihangano, avuga ko igihe azaba yashyikirije Perezida Kagame iyi foto, azumva yishimye kandi bikamutera imbaraga zo gukomeza uyu mwuga we.

Uwukunda akora ibindi bihangano (Photo/The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fifteen =

Previous Post

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Next Post

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.