Umunyekongo Véron Mosengo-Omba, wari Umunyamabanga Mukuru wa CAF, yeguye nyuma y’igihe kinini asabwa kuva kuri uwo mwanya, mu bihe byari byuzuyemo umwuka mubi mu mupira w’amaguru muri Afurika, harimo umwanzuro wo guha igikombe cy’Afurika cya 2025 igihugu cya Maroc cyambuwe Senegal, byakuruye impaka mu mupira w’isi.
Mu itangazo yashyize ahagaragara, yavuze asezeye kuri uyu mwanya ngo ashyire umutima mu mishinga ye.
Asezeye mu gihe hari ikibazo gikomeye cyo kutizera ubuyobozi bwa CAF (Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika), by’umwihariko nyuma y’icyemezo cyo kwambura Senegal igikombe cy’Afurika, ndetse hakaba hari n’abasaba ko hakorwa iperereza ku birego bya ruswa muri iri shyirahamwe.
Hari hashize igihe kinini Véron Mosengo-Omba anengwa kuba yarakomeje kuba Umunyamabanga Mukuru kandi yararengeje imyaka y’amavuko 63 ari yo ntarengwa yemewe.
Mu itangazo yasohoye, Mosengo-Omba yagize ati “Nyuma y’imyaka irenga 30 mu kazi mpuzamahanga nagiyemo nteza imbere umupira w’amaguru uhuza abantu, ubigisha kandi ubaha amahirwe yo kugira icyizere, nafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa CAF kugira ngo nibande ku mishinga yanjye bwite.”
Yakomeje avuga ko asezeye afite umutima utuje kandi nta gitutu, asize CAF imeze neza kurusha mbere.
Yashimiye Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, abo bakoranye ndetse n’abagize uruhare mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika, anifuriza ko iryo terambere rizakomeza.
Mosengo-Omba yari umuntu utavugwagaho rumwe muri CAF, aho bamwe mu bakozi bamushinjaga guteza umwuka mubi mu kazi, nubwo iperereza ryakozwe nyuma y’ibirego by’abakozi ryamugize umwere.
Uyu mugabo w’imyaka 66 y’amavuko anafite ubwenegihugu bw’u Busuwisi, kandi yigeze no gukorera FIFA, aho yari inshuti ya kera ya Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.
Nubwo yavuze ko asezeye, bivugwa ko ashobora kuziyamamariza kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu matora ateganyijwe mu mezi ari imbere.
Naramuka atowe, byatuma ashobora no kuzakomereza ku mwanya wo hejuru muri CAF, akaba yanaba Perezida wayo mu gihe Dr. Patrice Motsepe yaba yeguye akajya muri politiki mu gihugu cye cya Afurika y’Epfo nk’uko bivugwa, aho na we avugwa nk’ushobora gusimbura Perezida Cyril Ramaphosa.
Ku mwanya wo kuyobora ruhago ya Kongo Kinshasa, Mosengo-Omba ashobora kuzahangana na Safari Emmanuel ukuriye Komisiyo y’Imisifurire muri CAF, na we wagaragaje inyota yo kwiyamamariza uwo mwanya.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, Motsepe yemeye ko CAF iri guhura n’ibibazo by’ubunyangamugayo, kandi nyuma y’impaka zatewe n’umukino wa nyuma wa AFCON, leta ya Senegal yasabye ko hakorwa iperereza mpuzamahanga ku micungire y’iri shyirahamwe.
Kwambura Senegal igikombe cya AFCON byakozwe n’akanama gashinzwe ubujurire ka CAF, ariko byagize ingaruka zikomeye ku isura y’umupira w’amaguru muri Afurika.
CAF yatangaje ko Samson Adamu, ushinzwe amarushanwa, ari we ugiye gusimbura by’agateganyo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru.
Mosengo-Omba si we wa mbere weguye muri CAF muri iyi nkubiri y’amakimbirane, kuko uwari ukuriye Akanama k’Amategeko na we aheruka kwegura.


Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10










