Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamahanga ukomoka muri Korea, Jin Joseph wari warakatiwe gufungwa imyaka itanu, akajuririra Urukiko rw’Ubujurire yabwiye ko afitiye u Rwanda akamaro atari akwiye gufungwa, yahanaguweho icyaha cyo gukoresha inyandiko itavugisha ukuri.

Jin Joseph wari ufunze kuva muri 2019, yari yarahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko itavugisha ukuri mu cyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru muri Mutarama 2021.

Yahise ajurira iki cyemezo mu Rukiko rw’ubujurire, aho tariki 13 Nyakanga yaburanye ubujurire bwe, akavuga ko icyaha yahamijwe atagikoze ndetse ko atari akwiye kuba afunze kuko yagiriye u Rwanda akamaro.

Jin Joseph wasabaga kurekurwa, yabwiye Urukiko ko Moto za BMW zikoreshwa na Polisi y’u Rwanda ari we wazizanye ndetse n’imodoka za Hyundai n’iza KIA

Ubwo yaburanaga ubujurire bwe, Ubushinjacyaha na bwo bwahinduye imvugo, buvuga ko ibisabwa n’uregwa bifite ishingiro bityo ko mu gihe Urukiko rwaziherera rubisuzuma rwazagira umwere uyu Munya-Korea rukamurekura.

Urukiko rw’Ubujurire rwafashe icyemezo, ruvuza ko nyuma yo gusuzuma ubujurire bwa Jin Joseph, rwasanze adahamwa n’icyaha cy’inyandiko itavugisha ukuri.

Umucamanza wasomye iki cyemezo ari umwe, yavuze ko ibyaburanyweho mu bujurire, byasuzumwe  n’Abacamanza batatu, akaba yagisomye ari umwe kuko bagenzi be bari mu zindi nshingano z’akazi.

Jin Joseph yari akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’amakimbirane yagiranye n’uwitwa Kanyandekwe Pascal bivugwa ko uyu Munya-Korea yacurishije kasha y’uyu Munyarwanda ubundi akayifashisha mu bikorwa byo gufunguza kompanyi mu Bihugu byo hanze.

Uyu Kanyandekwe wavugaga ko uyu Munya-Korea yakoresheje inyandiko zitavugisha ukuri agafunguza sosiyete mu zina rye, mu iburanisha yakomezaga gushimangira ko uregwa akwiye guhamwa n’icyaha ndetse anenga Ubushinjacyaha ukuntu bwaje mu rubanza rw’ubujurire rushinjura nyamara mu rubanza rwa mbere bwarashinjaga.

Ubwo baburana ubujurire kandi Jin Joseph yari yabanje kwanga ko itangazamakuru rikurikirana uru rubanza ngo kuko nyuma yuko ahamijwe kiriya cyaha mu rubanza rwa mbere bikandikwaho n’ibinyamakuru, byamugizeho ingaruka mu Bihugu asanzwe afitemo ishoramari birimo Igihugu cye cy’inkomoko ndetse n’ibyo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Next Post

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.