• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAKURU AGEZWEHO: Umunyamakuru Fatakumavuta we asubiye muri Kasho ataburanye

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
AMAKURU AGEZWEHO: Umunyamakuru Fatakumavuta we asubiye muri Kasho ataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta ukurikiranyweho ibyaha birimo kubuza undi amahwemo hifashishijwe imbuga nkoranyambaga, yasabye Urukiko gusubika urubanza rwe, bituma asubira muri kasho ataburanye.

Fatakumavuta wazaniwe rimwe na Miss Muheto Nshuti Divine ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, yagombaga kuburana nyuma y’uyu mukobwa wabaye nyampinga w’u Rwanda.

Uregwa [Fatakumavuta] n’umunyamategeko we, bagaragarije Urukiko ko batiteguye kuburana, kuko batabonye dosiye, kandi bagomba kubanza kuyisuzuma kugira ngo babone uko baburana.

Umunyamategeko wunganira Fatakumavuta yavuze ko nubwo bitabye Urukiko ndetse bakaba baramenyeshejwe itariki y’urubanza, ariko batigeze babona dosiye yabo, kandi ko badashobora kuburana batabanje gusesengura ibyo umukiliya we aregwa.

Uyu munyamategeko yasabye ko urubanza rwasubikwa kugira ngo babanze babone Dosiye bayisesengure babone uko baburana.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha butahuzaga n’uruhande rw’uregwa ku byo rwavuze ko rutabonye dosiye y’ikirego, icyakora buvuga ko ari uburenganzira bw’uregwa bwo kuba basaba ko urubanza rusubikwa mu gihe Urukiko rwasanga hari impamvu zifite ireme.

Umucamanza amaze kumva ibyatangajwe n’impande zombi kuri iki cyifuzo cy’uruhande rw’uregwa, yanzuye ko urubanza rusubikwa, rukazasubukurwa mu cyumweru gitaha, tariki 05 Ugushyingo 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Tshisekedi akiva muri Uganda yahise yerecyeza mu Burundi

Next Post

Havuzwe akabari yanywereyemo n’igipimo cy’umusemburo yasanganywe: Ibirambuye ku byaha biregwa Muheto

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Havuzwe akabari yanywereyemo n’igipimo cy’umusemburo yasanganywe: Ibirambuye ku byaha biregwa Muheto

Havuzwe akabari yanywereyemo n’igipimo cy’umusemburo yasanganywe: Ibirambuye ku byaha biregwa Muheto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.