• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

radiotv10by radiotv10
27/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana.

Isezerano ryasize Paul Rutikanga n’umukunzi Uwera Coroline ari umugore n’umugabo, ryabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane wa 26 Kamena 2025 mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Mu butumwa uyu munyamakuru yanyujije ku mbuga ze nkoranambaga, yagaragaje ko ari intambwe nziza y’urukundo rwabo ndetse bashyigikiwe n’imiryango yombi

Yagize ati “Ntabwo twasinye byo gusinya ku mpapuro, ahubwo twasinye kubana mu rukundo no kwaguka.”

Paul Rutikanga yongeyeho ko we n’umukunzi we Caroline bashyigikiwe n’imiryango hamwe n’amasengesho bifite intego ihamye. Biteganijwe ko ubukwe bwabo buzaba ku wa 29 Kanama 2025.

Rutikanga utagikunda kugaragara mu bijyanye no gusoma amakuru, mu mavugurura aheruka gukorwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasize agizwe Umuyobozi ushinzwe imikoranire n’abafatanyabikorwa muri iki Kigo.

Akanyamuneza ni kose kuri Paul Rutikanga na Carol basezeranye imbere y’amategeko
Carol yahamije isezerano ryo kuzabana na Paul Rutikanga nk’uko babyiyemeje

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Next Post

Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi

Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.