Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru w’imwe muri Radiyo zo mu Rwanda ukunzwe mu biganiro by’imyidagaduro, yatawe muri yombi akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yatse mu kabari.

Uyu munyamakuru witwa Bujyacyera Jean Paul, yamamaye nka Guterman akaba akorera imwe muri radiyo zo mu Rwanda, mu biganiro by’imyidagaduro bicurangirwamo indirimbo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwemeje amakuru y’ifungwa ry’uyu Munyamakuru watawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko ibi byaha bikekwa kuri Bujyacyera Jean Paul, yabikoreye mu kabari kamwe ko mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Rukiri II, mu Murenge wa Remera mu Karere Gasabo, nyuma yo kwanga kwishyura ibyo yatse ndetse akanakubita umukozi wo muri aka kabari wamwishyuzaga.

Dr Murangira Thierry yatangaje ko RIB igikomeje gukora iperereza kugira ngo dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Guterman watawe muri yombi

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

ITEGEKO RITEGANYA IBYAHA N’IBIHANO MURI RUSANGE

Ingingo ya 175: Kwaka ikitari bwishyurwe

Umuntu wese, uzi neza ko adashobora kwishyura, waka ikintu cyose gikoreshwa ntikibe kicyongeye gukoreshwa cyangwa gusubizwa, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’iminsi cumi n’itanu (15) ariko kitarenze amezi abiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi ijana (100.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) n’imirimo y’inyungu rusange mu gihe kitarenze iminsi cumi n’itanu (15) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano .

Ubwishyu bw’ibyatwawe n’ibyakoreshejwe mu kubigaruza n’ubw’amagarama y’urubanza cyangwa ukureka ikirego k’uwahemukiwe bihagarika ikurikiranarubanza.

Icyaha giteganyijwe mu gika cya mbere cy’iyi ngingo gikurikiranwa gusa iyo kiregewe n’uwahemukiwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − five =

Previous Post

Uwa ‘Bannyahe’ ‘wagereranyije ijambo ry’Umuvugizi w’u Rwanda n’irya Mugesera’ yagejejwe imbere y’Urukiko

Next Post

MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba

MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.