• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
31/07/2025
in SIPORO
0
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru wa RADIOTV10 Kanyamahanga Jean Claude uzwi ku izina rya Kanyizo, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana.

Kanyamahanga AKA Kanyizo yasezeranye n’umukunzi we Imanishimwe Kundwa Sarah bamaze mu birori binogeye ijisho byabaye kuri uyu wa Kane tariki 31 Nyakanga 2025.

Kundwa Sarah na Kanyizo basezeraniye mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, aho bombi biyemeje kuzabana nk’uko babyiyemeje nyuma yo kumva icyo amategeko ategeka abashyingiranywe.

Kanyizo avuga ko kuba we n’umukunzi we Kundwa bamaze igihe kinini bakundana, ubu bamaze kwandikwa mu irangamimerere nk’abashyingiranywe ari ibyishimo byinshi.

Yagize ati “Ni umunezero udasanzwe kuba ubu namaze kwitwa umugabo w’umukunzi wanjye, kandi twembi tukaba twishimiye iyi ntambwe nziza twateye, inaduha umukoro wo gukomeza gushimangira urukundo rwacu.”

Kanyizo avuga ko nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, hazanakurikiraho indi mihango irimo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Itorero biteganyijwe mu cyumweru gitaha, ubundi we n’umukunzi we bakibanira akaramata nk’uko byahoze ari inzozi zabo.

Biteganyijwe ko nyuma yo gusezerana mu Mategeko, Kanyiza n’umukunzi we Kunda, bazanasezerana imbere y’Itorero tariki 09 Kanama 2025.

Iby’urukundo rw’aba bombi byagiye ku mugaragaro ubwo Kanyamahanga yambikaga impeta y’urukundo umukunzi we muri Werurwe uyu mwaka wa 2025.

Kanyamahanga Jean Claude Kanyizo ni umunyamakuru w’imikino ukorera RADIOTV10 mu kiganiro 10 Sports kizwi nk’Urukiko na Zoom Sports.

Babanje gusobanurirwa iby’isezerano bagiranye imbere y’amategeko
Kanyizo yarahiriye kuba umugabo wa Kundwa
Kundwa na we yamwemereye kumureye umugore byemewe n’amategeko
Akanyamuneza ni kose kuri uyu muryango mushya u Rwanda rwungutse
Bamwe mu banyamakuru bazwi mu Rwanda, Ngabo Roben na Faustinho bagiye kumushyigikira abasaba kumureberaho ngo na bo bazagire icyo bibwira vuba aha

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Next Post

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.