Monday, March 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in SIPORO
0
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Leonidas Ndayisaba uzwi mu biganiro bya Siporo akaba umwe mu bafite uburambe mu mwuga w’itangazamakuru, yerecyeje kuri RADIOTV10 mu kiganiro Urukiko kiri mu biyoboye mu Rwanda.

Itangazo riha ikaze uyu munyamakuru, ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026.

Biteganyijwe kandi ko uyu munyamakuru ahita atangira akazi guhera kuri uyu wa Mbere, aho agomba kujya akora mu kiganiro 10 Sports [Urukiko] gitambuka ku bitangazamakuru binyuranye bya RADIOTV10 kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatandatu.

Ndayisaba Leonidas ni umwe mu banyamakuru bafite uburambe mu mwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda, dore ko awumazemo imyaka 18.

Yatangiriye umwuga w’itangazamakuru kuri Radio Salus, aho yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma yuko iyi radio ishinzwe, akaba ari umwe mu bayigezemo itaramara igihe kinini.

Uyu munyamakuru wanyuze ku bitangazamakuru binyuranye, avuga ko yinjiye muri uyu mwuga w’itangazamakuru kuko yawukunze akiri muto, ndetse akaza kugira amahirwe yo kuryiga muri Kaminuza.

Ubwo yaganiraga na BBC gahuza, muri 2021, Ndayisaba Leonidas yagize ati “N’ubusanzwe nari umukunzi w’umupira w’amaguru kuva nkiri mutoya. Nkura numva radio, numva abogeza umupira nko kuri BBC uwitwa John Nene na Charles Hilary bogezaga ibintu by’imipira cyane, kugeza muri kaminuza mbumva, ndavuga nti ‘nanjye nkwiriye gukora umwuga w’itangazamakuru nkagira icyo mvuga’.”

Ndayisaba yinjiye muri RADIOTV10, agiye gusimbura Roben Ngabo [Ngaboyicondo] wasezeye iki gitangazamakuru mu cyumweru gishize, nyuma yo guhabwa inshingano mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − ten =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Related Posts

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

by radiotv10
15/03/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko abakinnyi bayo Mugisha Didier na Emery Bayisenge batazagaragara ku mukino wo kuri uyu wa...

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

by radiotv10
15/03/2026
0

Amakipe yabaye ane ya mbere nyuma y’imikino isanzwe ya shampiyona ya volleyball yatangiye guhangana mu mikino ya kimwe cya kabiri...

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

by radiotv10
14/03/2026
0

Umukinnyi Aurélien Tchouaméni ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yanyomoje ubutumwa yitiriwe bwagaragaza ko yafashe umukunzi we aryamanye...

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

by radiotv10
12/03/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Stephen Constantine wanigeze kuyitoza mu myaka icumi ishize....

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
11/03/2026
0

Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’imyaka 35, Kyle Walker, yatangaje ko asezeye gukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, nyuma yo kutagaragara...

IZIHERUKA

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10
SIPORO

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

by radiotv10
16/03/2026
0

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

16/03/2026
Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

15/03/2026
Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

15/03/2026
Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

14/03/2026
Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

14/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.