Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yitabye Imana ku myaka 81.

Urupfu rw’uyu muhanzi rwatangajwe na Bruno Miranda wari umuyobozi (Manager) we, abinyujije mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga.

Miranda yashyize ubutumwa kuri Instagram ashimira ubuzima n’umurimo wo kuramya Imana Ron Kenoly yakoze mu myaka irenga 20 bakoranye. Yamusobanuye nk’umuntu utarigeze afata umuziki wo kuramya Imana nk’imyidagaduro, ahubwo yawufataga nk’uburyo bwo gushima Imana, kuyobora no gutanga icyizere ku bantu ku isi hose.

Ati:
“Uyu munsi, ku wa 3 Gashyantare 2026, turasezera kuri Dr. Ron Kenoly. Ni iby’icyubahiro kuba naramubaye hafi mu butumwa bwe yagejeje ku isi yose; atari gusa nk’umuyobozi w’umuziki, ahubwo nk’umwigisha, umunyeshuri w’ubuzima, n’umuntu waranzwe n’ukwizera n’ubudahemuka.”

Ron Kenoly yamenyekanye cyane mu myaka ya za 1990, aho album ze za Gospel zakunzwe cyane n’Abakristo ku isi hose. Indirimbo zirimo “Lift Him Up”, “Sing Out with One Voice”, “God Is Able” na “Welcome Home” zamugize umwe mu bahanzi bazamuye urwego rw’umuziki wo kuramya (Worship music), ashyiraho uburyo budasanzwe bwo gushima Imana mu matorero no mu bitaramo byagutse.

Yari umuntu ukunda cyane umuziki n’ibikorwa byo kuramya Imana. Ron Kenoly yari kandi umuyobozi w’amakorali, akaba yaragize uruhare rukomeye mu gukomeza kwizera, kuramya no guhimbaza Imana ku bantu benshi bo mu bihugu birenga 100.

Nyuma y’itangazwa ry’urupfu rwe, abakunzi be, inshuti ze z’abahanzi ndetse n’abayoboke b’indirimbo ze ku mbuga nkoranyambaga bashyizeho ubutumwa bwo gushima umurage yasize mu buzima bwabo. Benshi bagaragaje ko indirimbo ze zabahaye imbaraga, icyizere n’urukundo, kandi ko umuziki we uzahora wibukwa mu mitima y’Abakristo n’abakunzi b’umuziki ku isi yose.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Next Post

Why many marriages are ending in divorce

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.