Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in MU RWANDA
0
Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga abana babo basinziriye.

Uyu mugabo witwa Claude akekwaho kwica umugore we witwa Claudine bari bafitanye abana batatu, barimo uw’imyaka itandatu, uw’icyenda, ndetse n’undi wa 12.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Le Progres cyo mu Bufaransa, avuga ko ibi byabereye mu igorofa ya gatatu y’inyubako ituyemo imiryango inyuranye iri ahitwa Saint-Priest muri Rhône mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 26 Ukwakira 2025.

Iyi nkuru ni yo yiriwe ivugwa kuri uyu wa Mbere mu gace ka Bel Air ka hariya i Saint-Priest. Nyuma yuko uwo mugabo yishe umugore we, yahungiye kuri umwe mu bo mu muryango we i Meyiziey, akabimenyesha polisi.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubwo uyu mugabo yicaga umugore we, abana babo bari baryamye mu kindi cyumba basinziriye, ntibabashe kumenya ibyabaye.

Amakuru kandi dukesha urubuga rw’uwitwa Prof. Maurice Hakizimana, avuga ko Umushinjacyaha w’i Lyon yabwiye Ibiro Ntaramakuru ‘Agence Radio France’ ko nyakwigendera yishwe ateraguwe ibyuma n’uwo bashakanye.

Uru rubuga ruvuga ko ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, ariko bukaza kumenyekana saa cyenda z’igicuku cy’ijoro rishyira ku wa Mbere.

Uyu Prof. Hakizimana, mu nyandiko iri ku rubuga rwe, yagize ati “Ubwo polisi yahageraga, uwishwe yabonetse aryamye hasi mu maraso menshi, ijosi ryose ryateraguwe ibyuma hafi gucika.”

Nyuma yuko Polisi itaye muri yombi uyu mugabo, n’inshuti ye yo mu muryango yari yahungiyeho, ari na bwo yabimenyeshaga Polisi, na we yahamagawe mu rwego rwo gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Next Post

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Related Posts

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

by radiotv10
28/10/2025
0

It has been a hundred years since the Anglican Church of Rwanda established its first roots on the hills of...

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

by radiotv10
28/10/2025
0

Umuryango wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, urashimira ubuvugizi wakorewe bwatumye umubyeyi wawo wari umaze igihe arembeye...

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

IZIHERUKA

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football
FOOTBALL

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

28/10/2025
Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

28/10/2025
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.