Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in MU RWANDA
0
Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utuye mu Kagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, witegura gusezerana imbere y’amategeko, wahishije inzu wabagamo, irakongoka n’ibyarimo byose bifite agaciro ka miliyoni 2,5 Frw birimo n’ibikoresho bari baguze ngo bazasezerane bahagaze neza, n’amafaranga bari kuzakoresha mu birori.

Uyu muryango wa Nsengiyumva Elias, n’umugore we, basanzwe bafitanye abana babiri, ndetse bakaba bitegura undi umugore atwite.

Inzu yabo y’imbaho babagamo aho batuye mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruharambuga, yafashwe n’inkongi ku manywa y’ihangu saa saba kuri uyu wa Mbere tariki 16 Nzeri 2024 ubwo umugore yari yagiye kwipimisha inda, mu gihe abana babo bari hanze.

Gusa iyi nzu yahiriyemo ibyarimo byose bifite agaciro gakabakaba miliyoni 2,5 Frw birimo televiziyo y’ibihumbi 200 Frw bari baherutse kugura, ibihumbi 300 Frw bari kuzakoresha mu birori bafite birimo gusezerana imbere y’amategeko bizaba ku wa Gatanu ndetse n’ibirori byo gusezerana muri kiliziya bateganya

Hahiriyemo kandi inka y’ikimasa gifite agaciro k’ibihumbi 700 Frw, aho igiteranyo cy’ibyangijwe n’iyi nkonki, kigera kuri miliyoni 2,5 Frw.

Nsengiyumva avuga ko nubwo bahuye n’iri sanganya, ariko ntakizasibya gahunda yabo yo gusezerana imbere y’amategeko nk’uko biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024.

Uyu mugabo wahishije iyi nzu ubwo yari mu turimo two mu rugo, avuga ko ubwo yari agarutse mu rugo yasanze inzu yahiye yakongotse.

Ati “Icyo nabonye ni DASSO wari unyegereye wahise anjugunya munsi y’urugo nikanguye ari ho ndyamye, umuriro byose wabirangije utamenya ko hari icyahigeze.”

Nsengiyumva uvuga ko nta muturage bafitanye ikibazo ku buryo yakeka ko ari we wabikoze, akeka ko iyi nkongi yaba yatewe n’ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi kuko no mu ziko batari bacanye.

Ni mu gihe umugore we wari wagiye kwipimisha kuko atwite, yageze mu rugo akabona ibyabaye agasa nk’ugira ihungabana, ariko abaturanyi bakamuhumuriza, ndetse bakaba bari kubaremera ngo bazabone uko bazajya muri ibi birori byabo, dore ko ibikoresho byose bari kuzakoresha yaba imyenda ndetse n’ibindi byahiriyemo.

Habimana Charles uyobora Umudugudu wa Kacyiru, yavuze ko abaturanyi b’uyu muryango ndetse n’ubuyobozi bw’ibanze, bari gushaka ubufasha bwo kugenera uyu muryango, mu gihe bagitegereje ubufasha bwisumbuyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

Next Post

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.