Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in MU RWANDA
0
Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utuye mu Kagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, witegura gusezerana imbere y’amategeko, wahishije inzu wabagamo, irakongoka n’ibyarimo byose bifite agaciro ka miliyoni 2,5 Frw birimo n’ibikoresho bari baguze ngo bazasezerane bahagaze neza, n’amafaranga bari kuzakoresha mu birori.

Uyu muryango wa Nsengiyumva Elias, n’umugore we, basanzwe bafitanye abana babiri, ndetse bakaba bitegura undi umugore atwite.

Inzu yabo y’imbaho babagamo aho batuye mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruharambuga, yafashwe n’inkongi ku manywa y’ihangu saa saba kuri uyu wa Mbere tariki 16 Nzeri 2024 ubwo umugore yari yagiye kwipimisha inda, mu gihe abana babo bari hanze.

Gusa iyi nzu yahiriyemo ibyarimo byose bifite agaciro gakabakaba miliyoni 2,5 Frw birimo televiziyo y’ibihumbi 200 Frw bari baherutse kugura, ibihumbi 300 Frw bari kuzakoresha mu birori bafite birimo gusezerana imbere y’amategeko bizaba ku wa Gatanu ndetse n’ibirori byo gusezerana muri kiliziya bateganya

Hahiriyemo kandi inka y’ikimasa gifite agaciro k’ibihumbi 700 Frw, aho igiteranyo cy’ibyangijwe n’iyi nkonki, kigera kuri miliyoni 2,5 Frw.

Nsengiyumva avuga ko nubwo bahuye n’iri sanganya, ariko ntakizasibya gahunda yabo yo gusezerana imbere y’amategeko nk’uko biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024.

Uyu mugabo wahishije iyi nzu ubwo yari mu turimo two mu rugo, avuga ko ubwo yari agarutse mu rugo yasanze inzu yahiye yakongotse.

Ati “Icyo nabonye ni DASSO wari unyegereye wahise anjugunya munsi y’urugo nikanguye ari ho ndyamye, umuriro byose wabirangije utamenya ko hari icyahigeze.”

Nsengiyumva uvuga ko nta muturage bafitanye ikibazo ku buryo yakeka ko ari we wabikoze, akeka ko iyi nkongi yaba yatewe n’ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi kuko no mu ziko batari bacanye.

Ni mu gihe umugore we wari wagiye kwipimisha kuko atwite, yageze mu rugo akabona ibyabaye agasa nk’ugira ihungabana, ariko abaturanyi bakamuhumuriza, ndetse bakaba bari kubaremera ngo bazabone uko bazajya muri ibi birori byabo, dore ko ibikoresho byose bari kuzakoresha yaba imyenda ndetse n’ibindi byahiriyemo.

Habimana Charles uyobora Umudugudu wa Kacyiru, yavuze ko abaturanyi b’uyu muryango ndetse n’ubuyobozi bw’ibanze, bari gushaka ubufasha bwo kugenera uyu muryango, mu gihe bagitegereje ubufasha bwisumbuyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 7 =

Previous Post

Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

Next Post

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Related Posts

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

IZIHERUKA

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa
IBYAMAMARE

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

by radiotv10
14/05/2025
0

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

14/05/2025
Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

13/05/2025
Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.