Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusaruro ushashagirana w’igitekerezo cyashibutse mu kunengwa na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umusaruro ushashagirana w’igitekerezo cyashibutse mu kunengwa na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Karere ka Rubavu, watangiye igikorwa cyo gufasha abana bari inzererezi, nyuma y’uko Perezida Paul Kagame asuye aka Karere akagaya uburyo abana birirwa ku muhanda bazerera, avuga ko bamwe mu bana yafashije bahoze ari inzererezi baranajujubije abantu babiba, ubu ari abagabo.

Ngenzi Shiraniro Jean Paul avuga ko ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasuraga Akarere ka Rubavu mu myaka icumi ishize, yanenze kuba abana birirwa bazerera ku mihanda batiga.

Uyu muturage avuga ko byamuteye ishyaka ryo kumva ko hari umusanzu yatanga, bituma atangira kujya afata abana bo mu Murenge wa Nyundo na Kanama akabasigarana kugira ngo ababyeyi babo babone uko bajya gushakisha ndetse anakura abandi bamwe mu buzererezi.

Ati “Ubwo yadusuraga, yaradushimye ariko aranatugaya, ku bw’abana yabonye bari mu muhanda basa nabi batajya ku Ishuri. Nk’umwe mu bari bahamagawe nk’uvuga rikijyana muri aka Karere, icyo kintu nagitahanye ku mutima.”

Bamwe mu bana bafashijwe na Jean Paul, na bo bavuga ko bamaze kuba abagabo kubera inama nziza bahawe n’uyu mugabo n’ubwo hari bamwe byananiye kuzikurikiza bagakomeza inzira y’umuhanda.

David Muzabirema ati “Ubu ndi umuntu w’umugabo ubyaye kabiri. Mpura na Jean Paul nari umurara ukora mu mufuka, aragenda adushyira hamwe atugira inama, arangije aravuga ati ‘myishyire hamwe mbahe akazi mureke kujya mukora mu mufuka’ izo ngeso nazivuyeho neza neza.”

Munguyiko Olivier na we wafashijwe kwiga na Jean Paul, akamwishyurira amafaranga y’ishuri kuva mu mashuri abanza kugeza mu yisumbuye, avuga ko nyuma y’uko arangije kwiga, yatangiye gukora, none ubu yabaye umugabo ufatika.

Ati “Ni ukuvuga ngo umusingi ni we wawumpaye, kuko ibyo nkora ni ukubera uburezi nabonye butuma n’ibyo nkora mbikora neza.”

Uwizeyimana Josiane, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo aho uyu mugabo yatangirije ibi bikorwa byo gufasha abana, avuga ko ibikorwa bye byagabanyije urugomo muri uyu Murenge, akanasaba abandi kumufatiraho urugero rwiza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 3 =

Previous Post

2022-2023: U Rwanda rwaje mu Bihugu byagaragayemo umwihariko ku itumbagira ry’ibiciro

Next Post

Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Bagirira isabukuru rimwe- Ange Kagame bwa mbere yatangaje amazina y’abana be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.