Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusirikare ukomeye muri FARDC yayiteye umugongo yigira muri M23

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Colonel muri Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaragitorotse ajya kwifatanya na M23 ayisanga mu Mujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko y’uyu mutwe.

Col Bisamaza Kayonde Richard bivugwa ko yiyunze kuri M23 nyuma yo gutoroka igisirikare cya Congo akabanza guhungira muri Uganda.

Ikinyamakuru Magzote.com gitangaza ko uyu musirikare mukuru muri FARDC ubwo yahinduraga avuye muri Uganda aho yari yahungiye, yahise asanga M23 mu mujyi wa Bunagana umaze igihe ufashwe n’uyu mutwe.

Iki kinyamakuru kivuga ko Col Bisamaza yakiriwe neza n’umutwe wa M23 ndetse ugahita umuha umwanya mu buyobozi bwa gisirikare.

Si Col Bisamaza umaze gutoroka FARDC agasanga M23 kuko hari n’abandi basirikare bakuru muri iki gisirikare cya Congo bakajya muri uyu mutwe.

Benshi muri bo ni abasanzwe ari Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, bagiye bafata inzira bagasanga uriya mutwe kubera gukorerwa ihohoterwa na bagenzi babo babashinja gukorana n’u Rwanda.

Kuva u Rwanda rwagirana ibibazo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare bakuru bavuga Ikinyarwanda biganjemo abakomoka mu bice bya Masisi na Rutshuru, bagiye bahoterwa bashinjwa gukorana n’iki Gihugu cy’igituranyi.

Bamwe barirukanywe nka Lt Col Kibibi Mutware, Major Sido Bizimungu alias America, Major Aruna Bovic na Major Mundande Kitambala.

Aba bose ni abakomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge bumaze iminsi bugirirwa nabi kubera umutwe wa M23 uhora ushyirwa ku mutwe w’u Rwanda.

Hari amakuru avuga kandi ko hari abasirikare bamwe bakuru bo muri ubu bwoko bagiye bapfa impfu zitavuzweho rumwe aho byanaketswe ko bashobora kuba bararozwe mu mugambi wo kubikiza.

Col Bisamaza Kayonde Richard uvugwaho gutera umugongo FARDC akigira muri M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku ruzinduko rwa Blinken rwitsa ku bya Rusesabagina

Next Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.