Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho kwica umubyeyi we (Se) amunize yarangiza akamushyira mu kiziriko ngo ajijije ko yiyahuye, avuga ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara kuko imyaka yasaruraga yayishyiraga umugore we muto.
Uyu musore ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, akekwaho kwica se umubyara w’imyaka 74 y’amavuko.
Ubushinjacyaha dukesha aya makuru, buguga ko tariki 19 Mutarama 2026 mu masaha ya saa 06h00 z’igitondo mu Mudugudu wa Kivomo, Akagari ka Murama, Umurenge wa Bweramana, mu Karere ka Ruhango, ari bwo uyu musore yishe se.
Ubushinjacyaha buvuga ko “uyu musore yacungaga papa we yinjiye mu nzu akamusanga mu cyumba araramo akamuniga kugeza apfuye.”
Ubushinjacyaha bukomeza bugira buti “Nyuma yafashe ikiziriko akimushyira mu ijosi akimanika ku idirishya kugira ngo agaragaze ko yiyahuye.”
Bukongera buti “Mu ibazwa rye, uregwa avuga ko impamvu yishe umubyeyi we ari uko yari yarabaheje ku mutungo, abicisha inzara, imyaka asaruye akayishyira umugore we muto.”
Uyu musore asobanura ko yacuze umugambi wo kwica umubyeyi we, ubundi akagura ikiriziko aakibika agamije kuzakimushyira mu ijosi nyuma yo kumwica kugira ngo abazamubona bwa mbere bazagire ngo yariyahuye.
Icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake gishinjwa uyu musore, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Nikimuhama azahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.
RADIOTV10









