Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Karongi, rwataye muri yombi umusore w’imyaka 21 nyuma yo gutwika amafaranga 2 500 Frw n’ibindi bikoresho birimo amajerekani.

Uyu musore witwa Eric Niyomwungeri wo mu Mudugudu wa Kigarama mu Kagari ka Gashashi mu Murenge wa Gashari, yafashwe nyuma yo gutwika ibyo bikoresho birimo ayo mafaranga, inkweto za mushiki we ndetse n’ibikoresho byubatse iwabo birimo urugi.

Amakuru atangwa n’abaturanyi b’umuryango w’uyu musore, bavuga ko batazi icyamuteye gukora ibyo bikorwa bigayitse, ariko ko bakeka ko yaba afite ikibazo cyo mu mutwe dore ko atari ubwa imbere ibintu nk’ibi bibaye muri uyu Murenge wa Gashari, dore ko hari undi wigeze kwangiza miliyoni 3 Frw.

Bavuga ko uyu musore yari amaze ibyumweru bibiri avuye mu Mujyi wa Kigali aho yabaga, agaruka kubana n’umuryango we muri kariya gace.

Umwe yagize ati “Ntituzi niba hari ikibazo cyo mu mutwe yaba afite cyangwa niba yaravanye i Kigali ingeso yo kunywa ibiyobyabwenge akaba ari byo bimukoresha.”

Ubwo yari amaze gutwika ibyo bikoresho, uyu musore yashatse gucika, abaturage bamwirukaho baramufata bamushyikiriza RIB kuri Sitasiyo ya Gashari.

Uyu muturage wataze amakuru, yakomeje agira ati “Ntiyavuga ijambo na rimwe ngo abe yavuga icyabimuteye, iperereza ry’Ubugenzacyaha ni ryo rizatwereka ukuri.”

Abatuye muri aka gace bavuga ko mu myaka itanu ishize, hari undi muturage wo muri uyu Murenge wacagaguye miliyoni 3 Frw, aho afatiwe bagiye kumusuzuma basanga afite ikibazo cyo mu mutwe.

Umuturage ati “Niba n’uyu cyaba ari cyo kibazo afite ntitubizi tuzabihabwa n’inzego zibishinzwe nizimara kubikurikirana.”

Amakuru y’uyu musore watwitse ariya mafaranga 2 500 Frw, yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashari, Niyigena Afisa, wavuze ko hari gukorwa isuzuma dore ko uyu musore yanze kugira icyo avuga.

Yagize ati “abo babana mu rugo babyutse basanga amafaranga yayatwitse, ababonye ariruka ariko baratabaza, abaturanyi baraza baramufata.”

Uyu muyobozi avuga ko bafashe icyemezo cyo kumushyikiriza RIB, kuko kwangiza amafaranga bisanzwe ari icyaha gihanwa n’amategeko, bityo bakaba babihariye inzego z’ubutabera ngo zibikurikirane.

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo gutwika 2 500 Frw

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + twenty =

Previous Post

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Next Post

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.