Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umutangabuhamya washinje Bucyibaruka yavuze ko umwana yari atwite muri Jenoside afite ihungabana kumurusha

radiotv10by radiotv10
27/05/2022
in MU RWANDA
0
Umutangabuhamya washinje Bucyibaruka yavuze ko umwana yari atwite muri Jenoside afite ihungabana kumurusha
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Bucyibaruta Laurent wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro, ruri kubera i Paris mu Bufaransa, humviswe umutangabuhamya warokokeye i Murambi, avuga uburyo akomeje kubana n’ihungabana aterwa n’ibyo yabonye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariko ko umwana yari atwite ari we urifite kumurusha.

Uyu mutangabuhamya w’igitsinagore wumviswe kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022 muri uru rubanza ruburaniswa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Pari mu Bufaransa, yagarutse ku ngaruka za Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uyu mutangabuhamya watangiye ubuhamya ari i Paris w’imyaka 55, mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yavuze ko umugabo yagerageje kwinjira mu Gisirikare ariko akaza kukirukanwamo kubera ubwoko bwe.

Uyu mutangabuhamya wagarutse ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo kuba mu 1963 aho yiboneye bica se muri uwo mwaka.

Yavuze ko bigeze mu 1994 byabaye ibindibindi kuko ari bwo yiciwe umugabo we n’abana babo batu bakicirwa i Murambi ahagabwe ibitero byari biyobowe na Bucyibaruta.

Yavuze ko ubwo Jenoside yabaga, yari atwite akaza gutungurwa no kujya kureba umuganga akamusangana imbunda ndetse we na bagenzi be ngo abirukana arakaye.

Yabwiye Urukiko ko umwana we w’umuhungu uzuzuza imyaka 28 mu kwezi k’Uwakira 2022, babana bonyine mu rugo, babayeho bahorana ingarua za Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Nakomeje kubaho, n’uyu munsi umwana wanjye aba ambaza, mfite ikibazo gikomeye cyane ku byo namusobanurira, mu minsi ya mbere nijye wahungabanye cyane mbura amahoro, ariko uyu munsi aho yagiye akura, ni we muri iyi minsi uba muri Jenoside,  ibyo naciyemo niwe ubibamo.”

Yakomeje agira ati “Ni umusore, azagira imyaka 28 mu minsi micye, ariko iyo urebye ibyo avuga, ibyo akora, yarahungabanye cyane kandi nanjye uretse kujijisha sindiho, ntacyo mufasha mu by’ukuri. Mbona agira atya akigunga ukabona arababaye, tubana turi babiri, duhora mu bibazo, ambaza uko abo bavukana babishe, uko Se bamujyanye kuri burigade bamukubita, asa n’aho abizi avuga ko yabirebaga ari mu nda. Twebwe twibera muri jenoside, mu gahinda kadashira iwacu.”

Yavuze ko mu 1996 yagiye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Murambi, yaragera mu cyumba kirimo imibiri y’abana be agahungabana; agwa hasi abura ubwenge afata icyemezo cyo kudasubirayo, ariko aza kwiyandayanda asubirayo mu 2006 nabwo ntagere aho abana be bashyinguye, ku buryo iyo abonye n’ifoto ihari iriho umugabo we n’abana be ahita ata ubwenge.

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Ubwo bamfataga nari nzi ko rugiye guhwaniramo ariko nta n’uwandiye urwara- Sankara

Next Post

Salomon Nirisarike, Mangwende na Manzi Thierry bahasesekaye (AMAFOTO)

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Salomon Nirisarike, Mangwende na Manzi Thierry bahasesekaye (AMAFOTO)

Salomon Nirisarike, Mangwende na Manzi Thierry bahasesekaye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.