Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umutangabuhamya washinje Bucyibaruka yavuze ko umwana yari atwite muri Jenoside afite ihungabana kumurusha

radiotv10by radiotv10
27/05/2022
in MU RWANDA
0
Umutangabuhamya washinje Bucyibaruka yavuze ko umwana yari atwite muri Jenoside afite ihungabana kumurusha
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Bucyibaruta Laurent wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro, ruri kubera i Paris mu Bufaransa, humviswe umutangabuhamya warokokeye i Murambi, avuga uburyo akomeje kubana n’ihungabana aterwa n’ibyo yabonye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariko ko umwana yari atwite ari we urifite kumurusha.

Uyu mutangabuhamya w’igitsinagore wumviswe kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022 muri uru rubanza ruburaniswa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Pari mu Bufaransa, yagarutse ku ngaruka za Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Uyu mutangabuhamya watangiye ubuhamya ari i Paris w’imyaka 55, mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yavuze ko umugabo yagerageje kwinjira mu Gisirikare ariko akaza kukirukanwamo kubera ubwoko bwe.

Uyu mutangabuhamya wagarutse ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo kuba mu 1963 aho yiboneye bica se muri uwo mwaka.

Yavuze ko bigeze mu 1994 byabaye ibindibindi kuko ari bwo yiciwe umugabo we n’abana babo batu bakicirwa i Murambi ahagabwe ibitero byari biyobowe na Bucyibaruta.

Yavuze ko ubwo Jenoside yabaga, yari atwite akaza gutungurwa no kujya kureba umuganga akamusangana imbunda ndetse we na bagenzi be ngo abirukana arakaye.

Yabwiye Urukiko ko umwana we w’umuhungu uzuzuza imyaka 28 mu kwezi k’Uwakira 2022, babana bonyine mu rugo, babayeho bahorana ingarua za Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Nakomeje kubaho, n’uyu munsi umwana wanjye aba ambaza, mfite ikibazo gikomeye cyane ku byo namusobanurira, mu minsi ya mbere nijye wahungabanye cyane mbura amahoro, ariko uyu munsi aho yagiye akura, ni we muri iyi minsi uba muri Jenoside,  ibyo naciyemo niwe ubibamo.”

Yakomeje agira ati “Ni umusore, azagira imyaka 28 mu minsi micye, ariko iyo urebye ibyo avuga, ibyo akora, yarahungabanye cyane kandi nanjye uretse kujijisha sindiho, ntacyo mufasha mu by’ukuri. Mbona agira atya akigunga ukabona arababaye, tubana turi babiri, duhora mu bibazo, ambaza uko abo bavukana babishe, uko Se bamujyanye kuri burigade bamukubita, asa n’aho abizi avuga ko yabirebaga ari mu nda. Twebwe twibera muri jenoside, mu gahinda kadashira iwacu.”

Yavuze ko mu 1996 yagiye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Murambi, yaragera mu cyumba kirimo imibiri y’abana be agahungabana; agwa hasi abura ubwenge afata icyemezo cyo kudasubirayo, ariko aza kwiyandayanda asubirayo mu 2006 nabwo ntagere aho abana be bashyinguye, ku buryo iyo abonye n’ifoto ihari iriho umugabo we n’abana be ahita ata ubwenge.

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − ten =

Previous Post

Ubwo bamfataga nari nzi ko rugiye guhwaniramo ariko nta n’uwandiye urwara- Sankara

Next Post

Salomon Nirisarike, Mangwende na Manzi Thierry bahasesekaye (AMAFOTO)

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Salomon Nirisarike, Mangwende na Manzi Thierry bahasesekaye (AMAFOTO)

Salomon Nirisarike, Mangwende na Manzi Thierry bahasesekaye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.