Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne, Tony Hernandez wari umaze amezi ane ari Umutoza Mukuru wa Mukura VS, ndetse n’umwungiriza we Guille Pereira basezeye ku nshingano zabo.

Beguye kuri izi nshingano nyuma y’uko iyi kipe ya Mukura VS, inganyije na Gorilla FC mu mukino w’umunzi wa 25 wa Shampiyona y’Igihugu.

Tony Hernandez n’uwari umwungirije Guille Pereira, banasezeye ku bakinnyi bari bamaranye amezi ane batoza iyi kipe imaze iminsi itabasha kubona amanota atatu.

Uyu munya-Espagne Tony Hernandez yari yahawe akazi ku nshuro ya Kabiri muri Mukura VS muri Mutarama ubwo yasinyaga amasezerano y’imyaka ibiri.

Bivugwa ko aba batoza bari bazanye uburyo bw’imikinire bushya butamenyerewe muri Mukura, bigatuma ubuyobozi butabishimira ndetse biri no mu byatumye begura kuko batumvikanaga kuri iyi mikinire yabo.

Mu mikino 12 yari amaze gutoza, harimo 10 ya shampiyona aho yatsinzemo 4 anganya 4 atsindwamo 2 mu gihe indi ibiri ari iyo mu gikombe cy’Amahoro aho yatsinzwe umwe atsinda undi.

Tony Hernández si ubwa mbere yari aje muri Mukura VS kuko yabaye umutoza wa Mukura VS hagati muri Nyakanga 2019, aho yabanje kungiriza umutoza mukuru Mathurin Olivier Ovambe.

Uyu mutoza w’Umunya-Espagne, Tony Hernandez yasanze Mukura VS itari mu bihe byiza kuko yari ku mwanya wa cumi, none yayisize ku mwanya wa Kane n’amanota 39.

Azwiho kandi kuba yaratsinze amakipe akomeye mu Gihugu aho ari we wahagaritse agahigo ka APR FC yari imaze imikino 50 idatsindwa ndetse akaba yaratsinze Rayon Sports.

Bombi bamaze gusezera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − ten =

Previous Post

Ni gute umuntu ahanga umurimo wo gucuruza abakobwa akabanza kugira ibyo abakoresha?- P.Kagame yavuze ku bya MissRwanda

Next Post

Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza

Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.