Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we, avuga ko yigeze kwitwa umutekamutwe nyamara Inkiko zaremeje ibyo yishyuza.

Uyu muturage witwa Ugiyekera Theoneste watanze ikibazo cye ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yari mu Nteko y’Abaturage bo muri aka gace, yagaragaje imiterere y’ikibazo cye cyo kuba amaze imyaka irenga 10 asiragirizwa kuri miliyoni 282 Frw yishyuza RSSB.

Avuga ko umubyeyi we (Se) yari yarizigamiye mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) Miliyoni 282 Frw, aho yakoraga mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro kuva mu 1940, akaza kwitaba Imana atayahawe.

Avuga ko yiyambaje inzego zinyuranye zirimo RSSB ubwayo ndetse n’Inkiko, ati “Njya muri RSSB baza kumbwira ngo ninjye muri Minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’Amabuye bambwira ko Papa yakoze kuva muri 1940 ko yakoze Imyaka 38, ngeze kuri RSSB barambwira ngo ntabwo banzi, bahita banyohereza mu Rukiko kuburana uburenganzira bwanjye, ndagenda ndabuburana Urukiko rurabunyemerera nza gukurikirana amafaranga nsanga Papa yarasize Miliyoni 282.”

Ugiyecyera avuga ko hari igihe cyageze akemererwa guhabwa aya mafaranga, icyakora ngo byaje kurangira yiswe umutekamutwe.

Ati “Ndatsinda barambwira ngo nzagaruke nje kubarisha amafaranga, bampaye Imyaka itatu COVID iba iraje birangira amafaranga bayanyimye n’iyi saha. Njya ku Muvunyi Mukuru ubuyobozi bwa RSSB bwahise buhamagara ku Muvunyi ngo ‘uwo ni umutekamutwe’. N’izi saha amafaranga narayabuze n’ubutaka bwa Papa Hegitari 15 narazibuze.”

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Ubwiteganyirize RSSB, Louise Kanyonga yizeje Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko ubuyobozi bw’iki Kigo bugiye kongera gusuzuma ikibazo cy’uyu muturage.

Yagize ati “Turabizi yuko byageze kuri RSSB yaba muri Management no mu nama y’Ubutegetsi bagenda bafata ibyemezo bakurikije amategeko. Icyo tuzi ni uko n’amategeko ntabwo abereyeho kurenganya abaturage. Icyo kibazo tugiye kongera tukirebe tukige neza kuko ibyo yakoze byari byo. Icya mbere umubyeyi yakoze ibya ngombwa atanga imisanzu abana na bo bafite uburenganzira baba beneficiaries kuri iyo misanzu.”

Iyi misanzu yishyuzwa na Ugiyekera y’umubyeyi we wakoraga mu birombo by’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rwinkwavu, ni iy’imyaka 38 yiteganyirije muri RSSB.

Minisititi w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye ko iki kibazo cyongera gusuzumwa
Umuyobozi Wungirije wa RSSB yavuze ko bagiye kongera kwiga kuri iki kibazo kugira ngo niba uyu muturage yararenganye arenganurwe
Abaturage batandukanye batanze ibibazo bafite mu Nteko yabo yarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 1 =

Previous Post

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Next Post

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y'incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.