Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Stephanie Nyombayire yavuze ko bibabaje kuba Umuryango Mpuzamahanga ukomeje gutunga agatoki umutwe wa M23 unashinja u Rwanda ibinyoma byo kuwufasha, ariko ukaryumaho ku mutwe w’Abajenosideri wa FDLR ufatanyije n’abandi barimo FARDC n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa byivugana Abanyekongo bamwe bazizwa ubwoko bwabo.

Stephanie Nyombayire yabitangaje mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga wa X kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, nyuma yuko imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu binyuranye bikomeje gutunga agatoki umutwe w’Abanyekongo wa M23, bawusaba guharika imirwano urimo ugamije kurwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bakomeje kwimwa.

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagize ati “Gushyira imbagara mu gutunga agatoki M23 ko ifashwa n’u Rwanda, ariko ukaruca ukarumira ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR ndetse n’Abacancuro b’Abanyaburayi, ntunagire icyo uvuga kuri SAMIDRC n’ingabo z’u Burundi.

Uburyarya no kwegeka ibibazo ku bandi biracyahari nk’uko byahoze mu myaka 30 ishize. Kwiyerurutsa k’umuryango mpuzamahanga biragarutse, hasohorwa amatangazo asaba abantu bibasiwe kubera ubwoko bwabo gukomeza guceceka.”

Stephanie Nyombayire akomeza avuga bibabaje kuba Umuryango Mpuzamahanga ukomeje kwicecekera, mu gihe ubutegetsi bwa Congo bukomeje guhamagarira abaturage b’iki Gihugu guhaguruka bagahiga bakanica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Akavuga kandi ko ari ikimwaro gikomeye kuba ibi bikorerwa mu maso y’ingabo ziri mu butumwa bw’uyu Muryango [z’Umuryango w’Abibumbye] za MONUSCO zimaze imyaka myinshi muri DRC ngo zaragiye kubungabunga amahoro, aho kuzuza ubutumwa bwazo ahubwo zikagaragaza ko zishyize imbere amafaranga abarirwa muri Miliyari 1 USD zihabwa buri mwaka.

Ati “Umuryango Mpuzamahanga ushobora kuba utarakuye isomo mu mateka, ariko twe twarikuyemo. Mu butumwa bwa Perezida Kagame: “Twatakaje igiciro gihanitse kurusha ibindi byose mu buzima bwacu, ari byo Jenoside. Ariko ntibizongera kubaho ukundi, ntibizongera, ntibizongera ko twongera kwishyura icyo kiguzi twishyuye mu myaka 30 ishinze. Ntitaye ku budahangarwa bw’uwabikora wese”.”

Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC byongeye guhagurutsa amahanga, nyuma yuko umujyi wa Goma usumirijwe, ndetse umutwe wa M23 ukaba watangaje ko wamaze kuwufata.

Perezida wa Kenya, William Ruto unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), we yibukije ko inzira y’umuti, ntayindi atari ibiganiro n’ubushake bwa Politiki, akaba yanatumije Inteko Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC kugira ngo yihe ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Next Post

Is History repeating itself for the same reasons?

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Is History repeating itself for the same reasons?

Is History repeating itself for the same reasons?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.