Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Stephanie Nyombayire yavuze ko bibabaje kuba Umuryango Mpuzamahanga ukomeje gutunga agatoki umutwe wa M23 unashinja u Rwanda ibinyoma byo kuwufasha, ariko ukaryumaho ku mutwe w’Abajenosideri wa FDLR ufatanyije n’abandi barimo FARDC n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa byivugana Abanyekongo bamwe bazizwa ubwoko bwabo.

Stephanie Nyombayire yabitangaje mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga wa X kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, nyuma yuko imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu binyuranye bikomeje gutunga agatoki umutwe w’Abanyekongo wa M23, bawusaba guharika imirwano urimo ugamije kurwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bakomeje kwimwa.

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagize ati “Gushyira imbagara mu gutunga agatoki M23 ko ifashwa n’u Rwanda, ariko ukaruca ukarumira ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR ndetse n’Abacancuro b’Abanyaburayi, ntunagire icyo uvuga kuri SAMIDRC n’ingabo z’u Burundi.

Uburyarya no kwegeka ibibazo ku bandi biracyahari nk’uko byahoze mu myaka 30 ishize. Kwiyerurutsa k’umuryango mpuzamahanga biragarutse, hasohorwa amatangazo asaba abantu bibasiwe kubera ubwoko bwabo gukomeza guceceka.”

Stephanie Nyombayire akomeza avuga bibabaje kuba Umuryango Mpuzamahanga ukomeje kwicecekera, mu gihe ubutegetsi bwa Congo bukomeje guhamagarira abaturage b’iki Gihugu guhaguruka bagahiga bakanica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Akavuga kandi ko ari ikimwaro gikomeye kuba ibi bikorerwa mu maso y’ingabo ziri mu butumwa bw’uyu Muryango [z’Umuryango w’Abibumbye] za MONUSCO zimaze imyaka myinshi muri DRC ngo zaragiye kubungabunga amahoro, aho kuzuza ubutumwa bwazo ahubwo zikagaragaza ko zishyize imbere amafaranga abarirwa muri Miliyari 1 USD zihabwa buri mwaka.

Ati “Umuryango Mpuzamahanga ushobora kuba utarakuye isomo mu mateka, ariko twe twarikuyemo. Mu butumwa bwa Perezida Kagame: “Twatakaje igiciro gihanitse kurusha ibindi byose mu buzima bwacu, ari byo Jenoside. Ariko ntibizongera kubaho ukundi, ntibizongera, ntibizongera ko twongera kwishyura icyo kiguzi twishyuye mu myaka 30 ishinze. Ntitaye ku budahangarwa bw’uwabikora wese”.”

Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC byongeye guhagurutsa amahanga, nyuma yuko umujyi wa Goma usumirijwe, ndetse umutwe wa M23 ukaba watangaje ko wamaze kuwufata.

Perezida wa Kenya, William Ruto unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), we yibukije ko inzira y’umuti, ntayindi atari ibiganiro n’ubushake bwa Politiki, akaba yanatumije Inteko Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC kugira ngo yihe ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Next Post

Is History repeating itself for the same reasons?

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Is History repeating itself for the same reasons?

Is History repeating itself for the same reasons?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.