Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze uburyaya bwuzuye mu bitangazwa n’amahanga ku bibera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Stephanie Nyombayire yavuze ko bibabaje kuba Umuryango Mpuzamahanga ukomeje gutunga agatoki umutwe wa M23 unashinja u Rwanda ibinyoma byo kuwufasha, ariko ukaryumaho ku mutwe w’Abajenosideri wa FDLR ufatanyije n’abandi barimo FARDC n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa byivugana Abanyekongo bamwe bazizwa ubwoko bwabo.

Stephanie Nyombayire yabitangaje mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga wa X kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, nyuma yuko imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu binyuranye bikomeje gutunga agatoki umutwe w’Abanyekongo wa M23, bawusaba guharika imirwano urimo ugamije kurwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bakomeje kwimwa.

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagize ati “Gushyira imbagara mu gutunga agatoki M23 ko ifashwa n’u Rwanda, ariko ukaruca ukarumira ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR ndetse n’Abacancuro b’Abanyaburayi, ntunagire icyo uvuga kuri SAMIDRC n’ingabo z’u Burundi.

Uburyarya no kwegeka ibibazo ku bandi biracyahari nk’uko byahoze mu myaka 30 ishize. Kwiyerurutsa k’umuryango mpuzamahanga biragarutse, hasohorwa amatangazo asaba abantu bibasiwe kubera ubwoko bwabo gukomeza guceceka.”

Stephanie Nyombayire akomeza avuga bibabaje kuba Umuryango Mpuzamahanga ukomeje kwicecekera, mu gihe ubutegetsi bwa Congo bukomeje guhamagarira abaturage b’iki Gihugu guhaguruka bagahiga bakanica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Akavuga kandi ko ari ikimwaro gikomeye kuba ibi bikorerwa mu maso y’ingabo ziri mu butumwa bw’uyu Muryango [z’Umuryango w’Abibumbye] za MONUSCO zimaze imyaka myinshi muri DRC ngo zaragiye kubungabunga amahoro, aho kuzuza ubutumwa bwazo ahubwo zikagaragaza ko zishyize imbere amafaranga abarirwa muri Miliyari 1 USD zihabwa buri mwaka.

Ati “Umuryango Mpuzamahanga ushobora kuba utarakuye isomo mu mateka, ariko twe twarikuyemo. Mu butumwa bwa Perezida Kagame: “Twatakaje igiciro gihanitse kurusha ibindi byose mu buzima bwacu, ari byo Jenoside. Ariko ntibizongera kubaho ukundi, ntibizongera, ntibizongera ko twongera kwishyura icyo kiguzi twishyuye mu myaka 30 ishinze. Ntitaye ku budahangarwa bw’uwabikora wese”.”

Ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC byongeye guhagurutsa amahanga, nyuma yuko umujyi wa Goma usumirijwe, ndetse umutwe wa M23 ukaba watangaje ko wamaze kuwufata.

Perezida wa Kenya, William Ruto unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), we yibukije ko inzira y’umuti, ntayindi atari ibiganiro n’ubushake bwa Politiki, akaba yanatumije Inteko Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC kugira ngo yihe ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − three =

Previous Post

Ibivugwa n’abasirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda bakakirwa na RDF

Next Post

Is History repeating itself for the same reasons?

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Is History repeating itself for the same reasons?

Is History repeating itself for the same reasons?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.