• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa RDF Col.Rwivanga yazamuwe mu mapeti nyuma y’igihe gito bikomojweho na Gen.Muhoozi

radiotv10by radiotv10
11/07/2022
in MU RWANDA
0
Umuvugizi wa RDF Col.Rwivanga yazamuwe mu mapeti nyuma y’igihe gito bikomojweho na Gen.Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi atatu Lt Gen Muhoozi Kainerugaba atangaje ko agiye gusengera Colonel Ronald Rwivanga usanzwe ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, akazamurwa mu mapeti, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere hasohotse itangazo rivuga ko uyu musirikare muri RDF yahawe ipeti rya Brigadier General.

Iri zamurwa rikubiye mu matangazo yasohowe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 aho rimwe rigaragaza ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yazamuye mu mapeti Abajenerali Batatu.

Nyuma y’iri tangazo rizamura mu ntera Abajenerali batatu, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye irindi tangazo rivuga ko Perezida Kagame yazamuye mu ntera Colonel Rwivanga Ronald, amuha ipeti rya Brigadier General.

Iri tangazo rivuga ko iri zamurwa mu mapeti rihita ryubahizwa kuva igihe ritangarijwe, rivuga kandi ko Ronald Rwivanga nyuma yo kuzamurwa agahabwa ipeti rya Brigadier General, akomeza kuba Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Rwivanga ahawe iri peti nyuma y’amezi atatu bikomojweho n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye tariki 18 Mata 2022, Gen Muhoozi Kainerugaba, yari yagaragaje ko yifuza ko uyu Muvugizi wa RDF yazamurwa mu mapeti.

Icyo giye Muhoozi yari yagize ati “Nshuti yanjye muvandimwe ukomoka Kisubi, Colonel Ronnie Rwivanva, Umuvugizi wa RDF. Umuvugizi w’intangarugero nizera.”

Gen Muhoozi muri ubu butumwa bwe yari yakomeje agira ati “Ndasenga ngo Afande Kagame amuzamure kuri Brigadier General.”

My dear brother from Kisubi, Colonel Ronnie Rwivanga, Spokesman of RDF. An excellent spokesman for sure! pic.twitter.com/zst99YJOCD

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) April 18, 2022

Amasengesho ya Gen Muhoozi ntawashidikanya ko yageze ku Mana kuko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tarki 11 Nyakanga, habura icyumweru kimwe ngo amezi atatu yuzure bisabwe n’uyu musirikare wo muri Uganda, Rwivanga ubu yagizwe Brigadier General.

Izi mpinduka zikozwe na Perezida Paul Kagame mu gihe Igisirikare cy’u Rwanda gikomeje gukurirwa ingofero n’amahanga kubera ibikorwa by’ubutwari gikora mu butumwa bwo kugarura amahoro cyoherezwamo mu Bihugu binyuranye birimo Mozambique aho gikomeje guhashya ibyihebe.

Igisirikare cy’u Rwanda kandi kimaze iminsi gishinjwa ibirego by’ibinyoma na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko gifasha umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC yifatanyije n’indi mitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.

Gusa RDF ntiyahwemye kunyomoza ibi birego by’ibihimbano, ikagaragaza ko ahubwo igisirikare cya Congo (FARDC) gikomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, gifatanyamo na FDLR birimo kuba baherutse gushimuta abasirikare babiri b’u Rwanda babakuye ku mupaka aho bari barinze umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abajenerali batatu barimo ukuriye Iperereza rya Gisirikare

Next Post

Umunyamakuru wa RBA wasezeye hamenyekanye aho yerecyeje asanzeyo undi bakoranaga

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umunyamakuru wa RBA wasezeye hamenyekanye aho yerecyeje asanzeyo undi bakoranaga

Umunyamakuru wa RBA wasezeye hamenyekanye aho yerecyeje asanzeyo undi bakoranaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.