Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA
0
Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB), Dr Nibishaka Emmanuel ukurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Iki cyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, cyaje gikurikira iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize.

Uyu mugabo watawe muri yombi mu mpera z’ukwezi gushize tariki 21 Gicurasi 2022, yaburanye ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, yemera icyaha akurikiranyweho gishingiye ku kuba yarakaga abantu amafaranga abizeza kuzabashakira VISA zijya muri Amerika ariko barategereza baraheba.

Uretse icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, anakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Mu iburanisha ry’ifunga ry’agateganyo, yemeye ko hari abantu batandukanye bamuhaye ibihumbi 22 USD [Miliyoni 22 Frw] abizeza kuzahesha abana babo Visa zibajyana muri Amerika ariko ntiyabikora ndetse n’amafaranga yabo ntiyayabasubiza.

Dr Nibishaka Emmanuel, wemeye ibi byaha akurikiranyweho, yari yasabye imbabazi, ndetse asaba ko yarekurwa agakurikiranwa ari hanze agashaka ayo mafaranga akayasubiza beneyo.

Ubushinjacyaha bwagaragazaga impamvu zikomeye zituma bumusabira gufungwa by’agateganyo, bwavuze ko uregwa nyuma yuko adasubije bariya bantu amafaranga yabo ndetse ntanabaheshe Visa yari yabemereye, yatorokeye muri Kenya aho yari kuva yerecyeza muri Australia ariko aza gufatwa na Polisi ya Kenya ihita imushyikiriza iy’u Rwanda.

Bwavuze ko kuba uregwa yari yaragerageje gutoroka ari impamvu zikomeye zituma adashobora kurekurwa ko aramutse arekuwe yakongera agatoroka.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko kuba uregwa yiyemerera ibyaha akekwaho, ari impamvu zemeza ko ibyo akekwaho yabikoze.

Urukiko rwahereye kuri izi mpamvu zose zagaragajwe n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho ndetse ko ibyaha ashinjwa bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka 5 bityo ko akwiye gukurikiranwa afunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Next Post

IFOTO: Sadio Mane yongoreye iki Kwizera Olivier?…Menya igisobanuro cy’iki gikorwa

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Sadio Mane yongoreye iki Kwizera Olivier?…Menya igisobanuro cy’iki gikorwa

IFOTO: Sadio Mane yongoreye iki Kwizera Olivier?...Menya igisobanuro cy'iki gikorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.