Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA
0
Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB), Dr Nibishaka Emmanuel ukurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Iki cyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, cyaje gikurikira iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize.

Uyu mugabo watawe muri yombi mu mpera z’ukwezi gushize tariki 21 Gicurasi 2022, yaburanye ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, yemera icyaha akurikiranyweho gishingiye ku kuba yarakaga abantu amafaranga abizeza kuzabashakira VISA zijya muri Amerika ariko barategereza baraheba.

Uretse icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, anakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Mu iburanisha ry’ifunga ry’agateganyo, yemeye ko hari abantu batandukanye bamuhaye ibihumbi 22 USD [Miliyoni 22 Frw] abizeza kuzahesha abana babo Visa zibajyana muri Amerika ariko ntiyabikora ndetse n’amafaranga yabo ntiyayabasubiza.

Dr Nibishaka Emmanuel, wemeye ibi byaha akurikiranyweho, yari yasabye imbabazi, ndetse asaba ko yarekurwa agakurikiranwa ari hanze agashaka ayo mafaranga akayasubiza beneyo.

Ubushinjacyaha bwagaragazaga impamvu zikomeye zituma bumusabira gufungwa by’agateganyo, bwavuze ko uregwa nyuma yuko adasubije bariya bantu amafaranga yabo ndetse ntanabaheshe Visa yari yabemereye, yatorokeye muri Kenya aho yari kuva yerecyeza muri Australia ariko aza gufatwa na Polisi ya Kenya ihita imushyikiriza iy’u Rwanda.

Bwavuze ko kuba uregwa yari yaragerageje gutoroka ari impamvu zikomeye zituma adashobora kurekurwa ko aramutse arekuwe yakongera agatoroka.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko kuba uregwa yiyemerera ibyaha akekwaho, ari impamvu zemeza ko ibyo akekwaho yabikoze.

Urukiko rwahereye kuri izi mpamvu zose zagaragajwe n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho ndetse ko ibyaha ashinjwa bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka 5 bityo ko akwiye gukurikiranwa afunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 4 =

Previous Post

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Next Post

IFOTO: Sadio Mane yongoreye iki Kwizera Olivier?…Menya igisobanuro cy’iki gikorwa

Related Posts

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

by radiotv10
11/10/2025
0

By Ivan Ntwali, Country Director at the Mastercard Foundation in Rwanda Every October 11, the world marks the International Day...

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

by radiotv10
11/10/2025
0

Every year, thousands of young people graduate from universities full of dreams, ambition, and excitement for the future. But for...

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

by radiotv10
11/10/2025
0

Bamwe mu bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bagowe n'imihereho ya buri munsi, kuko no kubona...

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igifungo gisubitse cy’umwaka umwe. Ni...

IZIHERUKA

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero
SIPORO

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

11/10/2025
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

11/10/2025
Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

11/10/2025
Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

11/10/2025
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

11/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Sadio Mane yongoreye iki Kwizera Olivier?…Menya igisobanuro cy’iki gikorwa

IFOTO: Sadio Mane yongoreye iki Kwizera Olivier?...Menya igisobanuro cy'iki gikorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.