Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
27/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bashinje Umunyamabanga Nshingwabikorwa wabo kubafungira mu biro by’Akagari, uyu muyobozi yatawe muri yombi.

Banyangiriki Alphonse usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura, yari amaze iminsi atungwa agatoki n’abaturage ko abafungira mu Biro by’Akagari kandi nta mpamvu ifatika ituma abafunga.

Umwe mu batunga agatoki uyu muyobozi, ni uvuga ko yatemye igiti kikagwa mu bwatsi bw’amatungo bw’urubingo, agahita amufungira mu biro by’Akagari.

Mu minsi ishize kandi bamwe mu baturage babwiye RADIOTV10 ko uyu muyobozi w’Akagari ka Kizura abafungira aha hantu hatemewe, ndetse ko hari abashobora kumaramo icyumweru.

Aba baturage bavugaga ko n’iyo agiye kubarekura, bagomba kubanza kwishyura amafaranga agahabwa uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari kandi ntagire ahantu yandikwa.

Ubuyobozi bw’Akarere bwo bwavugaga ko ibivugwa n’aba baturage, biramutse ari ukuri byaba ari urugomo rukorerwa abaturage bityo ko bigiye gukurikiranwa.

Amakuru ahari ubu, yemeza ko Banyangiriki yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranwe kuri ibi avugwaho n’abaturage binyuranyije n’amategeko.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura, nyuma yo gutabwa muri yombi, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Muganza y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Ifungwa ry’uyu Muyobozi, ryanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, wavuze ko ubu ari mu maboko y’Ubugenzacyaha kuko hari ibyo agomba gusobanura.

Abaturage bari babwiye RADIOTV10 ko babangamiwe n’ibyo bakorerwa na Gitifu wabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Next Post

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Related Posts

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
11/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

by radiotv10
11/07/2025
0

Itsinda ry’intumwa 18 ziturutse muri Uganda zoherejwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala, zasuye Polisi y’u Rwanda, zishima ikoranabuhanga ryifashishwa n’uru rwego...

IZIHERUKA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
11/07/2025
0

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye 'academy' igira icyo isaba abatangiranye na yo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.