Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa uherutse kugaragara ku muhanda mu Mujyi wa Kigali ari gusubiramo amasomo anashakisha imibereho acuruza imbuto ku gataro bigakora benshi ku mutima, yatangiye kubona abagiraneza bamufasha aho ubu yabonye ishuri ryiza rigezweho ryamwemereye kuzaryigamo ku buntu.

RADIOTV10 yanditse bwa mbere inkuru y’uyu mwana w’umukobwa witwa Amina Uwikuzo wo mu muryango utuye mu Mudugudu wa Bwiza, Akagari ka Rwampara, Umurenge Kigarama mu Karere ka Kicukiro, yari yaganiriye na Tito Harerimana wafashe aya mashusho.

Uyu Tito Harerimana yari yabwiye RADIOTV10 ko ubwo yariho agenda mu bice bya Gikondo hafi y’ahazwi nka sansinike, ari bwo yabonye uyu mwana w’umukobwa yicaye ku muhanda asubiramo amasomo ari no gucuruza imbuto ku gataro, bikamukora ku mutima, agashakisha aho ataha agashyirwa ahamenye.

Uyu musore wanashyize aya mashusho kuri Twitter, yavugaga ko kubera ishyaka yabonanye uyu mwana w’umukobwa, yumvise hari icyo yakora agahitamo gusangiza abantu aya mashusho kugira ngo niba hari umugiraneza wamufasha, abikore.

Ni na ko byaje kugenda kuko hari benshi babonye ariya mashusho bagahamagara uyu musore bamubaza uburyo bagera kuri uyu mwana w’umukobwa kugira ngo bamufashe.

Tito Harerimana wanatangije uburyo bw’ikoranabuhanga bwo gukusanya inkunga yo gufasha uyu mwana, uyu munsi yabwiye RADIOTV10 ko Imana yatangiye kumva amasengesho ye kuko uyu Uwikuzo Amina yabonye ishuri ryiza agomba kwigamo ryamwemereye nta kiguzi.

Ni ishuri rya Rwamagana Leaders School, ryemereye uyu mwana kuza kuryigamo nyuma yo kubona amashusho ye ndetse n’inkuru zamukozweho.

Tito Harerimana yagize ati “Abayobozi b’iri shuri babonye Amina [umwana ukunda kwiga ubikora acuruza agataro] bumva bashatse kugira icyo bamufasha mu myigire ye. Bavuga ko bifuza kumuha scholarship yo kwiga muri kiriya kigo akigira ubuntu guhera mu wa kane kugera mu wa gatandatu.”

Uyu mwana uretse kuzasonerwa amafaranga y’ishuri, iri shuri rizajya rinamuha ibikoresho byose byaba iby’ishuri, imyenda y’ishuri ndetse n’ibikoresho by’ishuri n’iby’isuku.

Amina uzatangira kwiga muri iri shuri risanzwe riri mu bigo bikomeye mu Rwanda mu mwaka w’amashuri utaha uzatangira muri Nzeri, azahitamo ishami azigamo muri atanu asanzwe ahaba.

Iri shuri risanzwe rinatsindisha ku kigero cyo hejuru, abaryigamo bishyura ibihumbi 350 Frw ku gihembwe, kikaba kigezweho aho gifite ibikoresho bihagije bifasha abanyeshuri bahiga.

Tito Harerimana uvuga ko yishimiye kuba uyu mwana yabonye iri shuri ryiza, yagize ati “Mu by’ukuri rigiye kumufasha kwiga neza, yajyaga yiga agataha akajya gucuruza, akajya mu turimo two mu rugo byabaga bigoye ariko aha agiye kwiga atazahura n’ibindi bimurangaza.”

Uwikuzo Amina wakoze benshi ku mutima, asanzwe akomoka mu muryango w’abana batandatu utifashije kuko umubyeyi wabo umwe [Nyina] asanzwe akora akazi ko mu rugo akaba ari na we wajyaga uha igishoro umwana we kugira ngo ajye gucuruza imbuto bityo babone ibibatunga.

Amina avuga ko aya mahirwe yabonye adashobora kuyapfusha ubusa kuko uburyo yigagamo abuzi bityo ko kuba abonye aya mahirwe yo kwiga neza, azayabyaza umusaruro.

Yasezeranyije ubuyobozi bw’iri shuri, kutazabatenguha kuko asanzwe akunda kwiga by’umwihariko ko ubu agiye kubikora neza kuko muri iri shuri ntakihabuze cyangwa ngo habe hari icyamurangaza.

Amina yizeje ubuyobozi bw’iri shuri ko atazabatenguha
Tito Harerimana yajyanye n’uyu mwana guhabwa iryo shuro

Yahise atemberezwa mu macumbi agomba kuzabamo

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 10 =

Previous Post

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Next Post

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Macky Sall ku byago byagwiririye Igihugu cye

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

by radiotv10
16/06/2025
0

Pasiteri Nshimyumurwa Athanase warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yavuze ko mu gihe cya...

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

16/06/2025
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

14/06/2025
Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Macky Sall ku byago byagwiririye Igihugu cye

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Macky Sall ku byago byagwiririye Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside kubera gusengera umwana w’interahamwe

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.