Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in MU RWANDA
0
Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu bwo kumusiba muri sisitemu izwi nka TMIS, byamuviriyemo gucibwa ibihano by’ubukererwa ku nguzanyo afite muri banki, bigatuma umushahara we wose uza ugahita ugenda. 

Byatangiye ubwo mwarimu Cyiza Florien yahabwaga igihano cyo guhagarikwa mu kazi amezi atatu adahembwa bitewe n’imyitwarire idahwitse yavugwagaho, agaruka mu kazi mu kwezi k’Ukuboza 2024 yigisha nk’uko bisanzwe ariko hashira andi mezi atatu atabona imishahara we akagira ngo ni banki yiyishyura inguzanyo bigahwaniramo cyane ko yari amaze amezi atatu y’ibihano atishyura inguzanyo afite muri Umwalimu SACCO.

Cyiza Florien yaje guhamagarwa n’Ubuyobozi bw’Umwalimu SACCO bumubaza impomvu atishyura inguzanyo, aba ari bwo amenya ko amaze amezi atatu mu kazi adahembwa agenzuye asanga yarasibwe muri sisitemu y’abarimu (TMIS).

Agira ati “Ni bwo nanjye nakurikiranye neza mbajije manager w’Umwalimu SACCO arambwira ngo maze amezi atandatu ntahembwa, ubwo ni atatu y’igihano ntari mu kazi, n’andi atatu umuyobozi w’ikigo yiyongereyeho ubwo yiheshaga ububasha bwo kunsiba muri TMIS akajya atanga placement buri kwezi ntariho kandi ndi mu kazi.”

Uyu mwarimu yaje kumenyesha iki kibazo Umukozi w’Akarere ushinzwe abaRimu muri GashyantaRe uyu mwaka na we asaba umuyobozi w’iki kigo kwandikira Akarere akamenyesha igihe yagarukiye mu kazi, bigenda bityo ndetse uyu mwaRimu asubizwa ku rutonde rw’abahembwa ariko hashira amezi atanu ntagikorwa ku mishahara y’amezi atatu yasabaga kwishyurwa.

Nyuma yo gusubwizwa muri gahunda yo guhembwa nyuma y’amezi atandatu adahembwa kandi afite inguzanyo y’Umwalimu SACCO, byatumye atagira n’ifaranga na rimwe asigarana ku mushahara mu gihe cy’amezi atanu akurikiranye bigira ingaruka ku mibereyeho y’umuryango we aho byageze aho bamwe mu barimu bakorana bamufasha mu mibereho.

Ati “Kandi ndashimira abarimu bamwe na bamwe bagiye bamfasha ubuzima bugakomeza.”

Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende, Ruhumuriza Jean Leonard uvugwaho guhemukira uyu mwalimu yanze kugira icyo abivugaho kuko ubwo umunyamakuru yamusanganga mu biro bye yavuze ko atagira icyo avuga mu gihe atiteguye mu buryo bw’imyambarire, anasabwe kugira icyo abivugaho adafotowe nabwo ahitamo kuruca ararumira.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubutegetsi n’Imicungire y’Abakozi mu Karere ka Rusizi, Nadine Michelle Ingabire avuga ko iki kibazo cyizwi n’Ubuyobozi kandi ko hari icyagikozweho, icyakora ku rundi ruhande akirinda kugira icyo avuga ku muyobozi w’ikigo uvugwaho kwiha ububasha bwo gusiba mwarimu muri sisitemu ndeste akajya yohereza urutonde rw’abakozi ku Karere ngo babone uko bahembwa rutariho Cyiza Florien

Ati “Hari ibirarane byari bimaze igihe muri sisitemu bitegereje kwishyurwa, kubera ko rero iyo hari ibirimo bitarishyurwa udashobora gushyiramo ibindi birarane, mu kwezi gushize kwa karindwi byarishyuwe, rero na we yashyizwe ku rutonde rw’abishyurizwa ku buryo na we azishyurwa mu gihe kiri imbere kuva ari ku rutonde. Ntabwo nashinja mu buryo bw’ako kanya umuyobozi w’ikigo, kubera ko amakosa ajya abaho, niba hari n’andi makosa uwo wabikoze afite na byo bifite uburyo bizanyuzwamo.”

Muri iki kigo hari hahagaritswe abarimu babiri bombi bagomba kugarukira mu kazi umunsi umwe, gusa ikibazo nk’iki cyabaye kuri uyu umwe, mu gihe undi we nta mbogamizi yahuye na zo.

Uyu mwarimu yigisha muri G.S Nyakabwende

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + five =

Previous Post

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

Next Post

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Related Posts

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

by radiotv10
06/08/2025
0

Every generation leaves a footprint some defining moment, movement, or innovation that becomes its legacy. The Baby Boomers had the...

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

IZIHERUKA

DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza
AMAHANGA

DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

by radiotv10
06/08/2025
0

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

06/08/2025
Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

06/08/2025
Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.