Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Kazungu yabwiye Urukiko ibyatunguranye aruha icyifuzo cyumvikanamo kwicuza

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Kazungu yabwiye Urukiko ibyatunguranye aruha icyifuzo cyumvikanamo kwicuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis uregwa ibyaha birimo Ubwicanyi buturutse ku bushake, yemereye Urukiko ibyaha byo kwica abantu barenga 10 biganjemo abakobwa, avuga ko yabitewe no kuba bamwe mu bakobwa baryamaganaga baramwanduje SIDA, asaba ko yaburanira mu muhezo, kugira ngo ibyo ashinjwa bitanyura mu itangazamakuru ngo biyobye Sosiyete Nyarwanda.

Akekwaho ibyaha by’ubugome birimo ibishingiye ku mpfu z’abantu barenga 10 babonetse yarabashyinguye mu cyobo cy’aho yari atuye, yagejejwe imbere y’Urukiko, akigerayo, yavuye mu modoka ya RIB, yipfutse mu maso.

Kazungu Denis watawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi tariki 05 Nzeri, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ubwo yagezwaga ku cyicaro cy’uru Rukiko ruherereye mu Kagarama, Kazungu waje mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), yayisohotsemo yambaye umuoira w’umukara, n’ipantaro ya shokola, akigera mu muryango wayo ahita yifata mu maso.

Kazungu Denis akekwako ibyaha birimo icy’Ubwicanyi buturutse ku bushake, icyaha cy’iyicarubuzo, icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, n’icyaha cyo gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu.

Kazungu ukekwaho ibyaha byo kwica abantu akabahamba mu nzu abandi akabateka mu isafuriya, yagejejwe ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho agomba kuburanishirizwa. pic.twitter.com/VrmETMfWIy

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 21, 2023

Kazungu Denis akekwaho ibyaha icumi birimo ibishingiye ku bantu 14 akekwaho kwicira iwe aho yari atuye mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye mu gikoni cy’aho yari atuye.

Mu iperereza ry’ibanze, Kazungu Denis yemereye inzego z’ubutabera ko yishe abantu 14 barimo ab’igitsinagore 13 n’umuhungu umwe.

Gusa mu cyobo yabashyinguragamo, habonetse imibiri y’abantu 12, mu gihe we yemereye inzego ko babiri muri aba bantu yishe, yabatekeye mu isafuriya.

 

Icyifuzo yahaye Urukiko

Kazungu utari ufite umwunganira mu mategeko, akigezwa imbere y’Urukiko, yemeye ibyaha 10 akekwaho, arusaba ko urubanza aregwamo ruba mu muhezo kuko afite impungenge ko ibyaha akekwaho bishobora kuyobya rubanda mu gihe yaburana mu ruhame ku buryo ibyaburanyweho byatangazwa mu binyamakuru.

Yagize ati “Hari ibyaha nakoze bikomeye ntashaka ko byumvikana mu itangazamakuru kandi ntashaka ko bikwirakwizwa kugira ngo bibe byagira uruhare mu kuyobya sosiyete.”

Yavuze ko gukora ibi byaha by’ubugome byo kwica abantu, yabitewe no kuba bamwe mu bakobwa baryamaganaga baramwanduje SIDA, bikamutera umujinya, ari na byo byatumye yica abiganjemo abakobwa.

Ubushinjacya bubajijwe ku cyifuzo cy’uregwa cyo kuba yaburanira mu muhezo, bwavuze ko ibyo asaba bidafite ishingiro, kuko ahubwo agomba kuburanira mu ruhame kuko ibyo akekwaho ari ibyaha by’ubugome byakorewe umuryango mugari nyarwanda.

Urukiko rwemeje ko iri buranisha ku ifunga ry’agateganyo, ribera mu ruhame, ari na bwo Ubushinjacyaha bwasobanuriraga Urukiko ibyaha birimo iby’ubwicanyi biregwa Kazungu Denis.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yiyemerera ko yishe abantu 14 ariko ko habonetse imibiri ya 12 mu gihe indi ya babiri itabonetse kubera gusibanganya ibimenyetso.

Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu yicaga bahuriraga ahantu hatandukanye, ubundi akabashukashuka akabajyana iwe, aho yabagezagayo akababoha, akabatera ubwoba ubundi akabakorera iyicarubozo akoresheje ibikoresho birimo inyundo n’imikasi.

Ubushinjacyaha bwavuze ko umwe mu batangabuhamya, ari uwahohotewe na Kazungu, wavuze ko yamuhamagaye kuri Telefoni asa nk’uwo basanzwe baziranye, akamusaba kumusura mu rugo iwe, ariko agezeyo amutera ubwoba, amwiba amafaranga yari kuri Mobile Money, na Telefone ariko ku bw’amahirwe akaza kumucika akiruka, kuko yamubwira ko ari bumwice.

Uregwa n’ubundi yakomezaga kwemera icyaha cyo kwica abo bantu 14, ariko akavuga ko umukobwa yasambanyije ari umwe.

Uru rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwahise rupfundikirwa, Urukiko rwemeza ko ruzasoma umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha, tariki 26 Nzeri 2023.

Yasohotse mu modoka ya RIB yipfutse mu maso
Ubwo yinjiraga mu Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Andi makuru ku rupfu rw’umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada agashengura benshi

Next Post

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.