Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Urubyiruko ruhamya ko ingingo y’uburambe iruhejeje mu bushomeri

radiotv10by radiotv10
13/07/2021
in Uncategorized
0
Urubyiruko ruhamya ko ingingo y’uburambe iruhejeje mu bushomeri
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo inzego zishinzwe umurimo zimaze igihe kinini zisaba ko uburambe mu kazi bukurwa mu bisabwa umuntu ashaka akazi, hari urubyiruko rwo mu mujyi wa Kigali ruvuga ko iyi ngingo itaravaho. Ibi ngo ni bimwe mu bituma baheranwa n’ubushomeri kubera ko basabwa ibyo batagira. Minisiteri ishinzwe umurimo mu Rwanda ivuga ko iri mu biganiro n’inzego zigisaba uburambe.

Mu buhamya bukubiye mu magambo y’umuturage witwa  Hagenimana Samuel avuga ko yize amashuri abura akazi gahuye n’amasomo yamaze imyaka akurikirana, kubw’amabura kindi ngo yaje gushakira ubuzima mu mujyi wa kigali.

We n’urundi rubyiruko rwarangije amashuri ariko rukabura akazi, bavuga ko ingingo y’uburambe mu kazi ari yo ntandaro yo guheranwa n’ubushomeri.

Kugeza uyu munsi ngo amatangazo yose atanga akazi, asaba uburambe mu kazi buri hejuru y’umwaka umwe bityo ngo amahirwe yo gupiganira ako kazi ahita ayoyoka kubera ko baba bavuye mumashuri. Ntahantu baba barigeze bakora iyo mibirimo kubera ko ntashuri na rimwe ryigisha uburambe. Bityo ngo kuba waba ugiye gusaba akazi, barangiza bakagusaba uburambe mu kazi usaba, ngo ni amananiza.

Ikindi ngo ibi bituma batekereza ko abafite akazi ari na bo bagomba gukomeza gukora kubera ko ari bo bafite uburambe mu kazi.

Iyi ngingo y’uburambe mu kazi uru rubyiruko ruvuga, iyo unarebye ku matangazo y’akazi usanga ari ko bimeze, ahenshi uburambe butangirira ku mwaka umwe.

Abanyeshuri basaga 9,000 basoje amasomo yabo muri - Inyarwanda.com

Abanyeshuri basoza amashuri bakagongwa n’ingingo yo kutagira uburambe 

Ku bw’uburemere bw’iki kibazo, uru rubyiruko rubona iki ari cyo gihe yo gukuraho burundu ingingo yitwa uburambe mu kazi.

Bavuga ko hajya harebwa igihe yamaze yimenyereza umurimo kubera ko arangiza amezi atandatu amaze kugaragaza ubushobozi bwe. Ikindi ngo uburambe mu kazi bwaba ari nko gutesha agaciro imyaka yose bamara mu mashuri biga, bityo ngo uburambe ku kazi bwavaho, bityo uru rubyiruko rugahabwa amahirwe yo kwerekana ubushobozi bifitemo.

Kuri iyi ngingo ikomeje gufatwa nk’imbarutso y’ubushomeri kurubyiruko rurangiza amashuri y’ibyiciro bitandukanye, Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR), ruvuga ko rugiye kuyikoraho ubuvugizi.

Biraboneye Africain, umunyamabanga mukuru wa CESTRAR yatubwiye ko iki kibazo bagiye kugikoraho buvugizi.

Ku ruhande rwa minisiteri ishinzwe abakozi ba leta n’umurimo (MIFOTRA), ivuga ko igiye gushyira ingufu ku nzego zigishyira uburambe mubyo bagenderaho bashaka abakozi.

Mwambari Faustin yavuze ko kugeza uyu munsi itegeko ry’umurimo mu rwanda rivuga ko imyanya y’akazi, usibye umuyobozi mukuru w’ikigo, itagomba gusabirwa uburambe kukazi. Yaduhamirije ko munzego za leta byubahirizwa. Ubu ngo bari kuganira n’abikorera kugiti cya bo kugira ngo borohereze urubyiruko rurangira amashuri kubona ubwo burambe mukazi.

Kuri Dr. Bihira Canisius, wikorera kugiti cye; akaba n’umuhanga mu bukungu avuga ko urwego rw’uburezi mu rwanda rugomba gufata iya mbere mugushaka umuti w’iki kibazo.

“Uburambe mu kazi ntawaburwanya ahubwo ni byo dukeneye. Minisiteri y’uburezi n’izindi nzego bagomba gushaka uburyo bavugurura uru rwego, ku buryo umunyeshuri arangiza baritoje ndetse banafite uburambe mu kazi byibuze bw’umwaka umwe.” Dr.Bihira

Abanyeshuri basaga 9,000 basoje amasomo yabo muri - Inyarwanda.com

Abasoza amashuri barasaba leta ko yakuraho ingingo y’uburambe

N’ubwo iyi ngingo ikomeje kuba inzitizi kubashaka akazi, goverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifite ubushobozi bwo gutanga akazi ku bantu batarenze 2% by’abanyeshuri barangiza buri mwaka.

Mu gushaka igishoro cyatuma bikorera, aba basoje amashuri babura abo bahera kuko ngo bava mu mashuri amasambu n’amatungo byaragurishijwe kugira ngo barangize amasomo. ikindi ngo n’ibigo byahawe inshingano zo kubafasha imikorere yabyo ngo ibamo amacenga kugeza uyu munsi ngo ntabuhungiro bafite, amakiriro bayateze kuri leta.

Inkuru ya Kubwimana Vedaste/RadioTV10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

Next Post

WOMEN ZONE V 2021: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mbere yo gucakirana na South Sudan-AMAFOTO

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
WOMEN ZONE V 2021: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mbere yo gucakirana na South Sudan-AMAFOTO

WOMEN ZONE V 2021: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mbere yo gucakirana na South Sudan-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.