Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Urubyiruko ruhamya ko ingingo y’uburambe iruhejeje mu bushomeri

radiotv10by radiotv10
13/07/2021
in Uncategorized
0
Urubyiruko ruhamya ko ingingo y’uburambe iruhejeje mu bushomeri
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo inzego zishinzwe umurimo zimaze igihe kinini zisaba ko uburambe mu kazi bukurwa mu bisabwa umuntu ashaka akazi, hari urubyiruko rwo mu mujyi wa Kigali ruvuga ko iyi ngingo itaravaho. Ibi ngo ni bimwe mu bituma baheranwa n’ubushomeri kubera ko basabwa ibyo batagira. Minisiteri ishinzwe umurimo mu Rwanda ivuga ko iri mu biganiro n’inzego zigisaba uburambe.

Mu buhamya bukubiye mu magambo y’umuturage witwa  Hagenimana Samuel avuga ko yize amashuri abura akazi gahuye n’amasomo yamaze imyaka akurikirana, kubw’amabura kindi ngo yaje gushakira ubuzima mu mujyi wa kigali.

We n’urundi rubyiruko rwarangije amashuri ariko rukabura akazi, bavuga ko ingingo y’uburambe mu kazi ari yo ntandaro yo guheranwa n’ubushomeri.

Kugeza uyu munsi ngo amatangazo yose atanga akazi, asaba uburambe mu kazi buri hejuru y’umwaka umwe bityo ngo amahirwe yo gupiganira ako kazi ahita ayoyoka kubera ko baba bavuye mumashuri. Ntahantu baba barigeze bakora iyo mibirimo kubera ko ntashuri na rimwe ryigisha uburambe. Bityo ngo kuba waba ugiye gusaba akazi, barangiza bakagusaba uburambe mu kazi usaba, ngo ni amananiza.

Ikindi ngo ibi bituma batekereza ko abafite akazi ari na bo bagomba gukomeza gukora kubera ko ari bo bafite uburambe mu kazi.

Iyi ngingo y’uburambe mu kazi uru rubyiruko ruvuga, iyo unarebye ku matangazo y’akazi usanga ari ko bimeze, ahenshi uburambe butangirira ku mwaka umwe.

Abanyeshuri basaga 9,000 basoje amasomo yabo muri - Inyarwanda.com

Abanyeshuri basoza amashuri bakagongwa n’ingingo yo kutagira uburambe 

Ku bw’uburemere bw’iki kibazo, uru rubyiruko rubona iki ari cyo gihe yo gukuraho burundu ingingo yitwa uburambe mu kazi.

Bavuga ko hajya harebwa igihe yamaze yimenyereza umurimo kubera ko arangiza amezi atandatu amaze kugaragaza ubushobozi bwe. Ikindi ngo uburambe mu kazi bwaba ari nko gutesha agaciro imyaka yose bamara mu mashuri biga, bityo ngo uburambe ku kazi bwavaho, bityo uru rubyiruko rugahabwa amahirwe yo kwerekana ubushobozi bifitemo.

Kuri iyi ngingo ikomeje gufatwa nk’imbarutso y’ubushomeri kurubyiruko rurangiza amashuri y’ibyiciro bitandukanye, Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR), ruvuga ko rugiye kuyikoraho ubuvugizi.

Biraboneye Africain, umunyamabanga mukuru wa CESTRAR yatubwiye ko iki kibazo bagiye kugikoraho buvugizi.

Ku ruhande rwa minisiteri ishinzwe abakozi ba leta n’umurimo (MIFOTRA), ivuga ko igiye gushyira ingufu ku nzego zigishyira uburambe mubyo bagenderaho bashaka abakozi.

Mwambari Faustin yavuze ko kugeza uyu munsi itegeko ry’umurimo mu rwanda rivuga ko imyanya y’akazi, usibye umuyobozi mukuru w’ikigo, itagomba gusabirwa uburambe kukazi. Yaduhamirije ko munzego za leta byubahirizwa. Ubu ngo bari kuganira n’abikorera kugiti cya bo kugira ngo borohereze urubyiruko rurangira amashuri kubona ubwo burambe mukazi.

Kuri Dr. Bihira Canisius, wikorera kugiti cye; akaba n’umuhanga mu bukungu avuga ko urwego rw’uburezi mu rwanda rugomba gufata iya mbere mugushaka umuti w’iki kibazo.

“Uburambe mu kazi ntawaburwanya ahubwo ni byo dukeneye. Minisiteri y’uburezi n’izindi nzego bagomba gushaka uburyo bavugurura uru rwego, ku buryo umunyeshuri arangiza baritoje ndetse banafite uburambe mu kazi byibuze bw’umwaka umwe.” Dr.Bihira

Abanyeshuri basaga 9,000 basoje amasomo yabo muri - Inyarwanda.com

Abasoza amashuri barasaba leta ko yakuraho ingingo y’uburambe

N’ubwo iyi ngingo ikomeje kuba inzitizi kubashaka akazi, goverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifite ubushobozi bwo gutanga akazi ku bantu batarenze 2% by’abanyeshuri barangiza buri mwaka.

Mu gushaka igishoro cyatuma bikorera, aba basoje amashuri babura abo bahera kuko ngo bava mu mashuri amasambu n’amatungo byaragurishijwe kugira ngo barangize amasomo. ikindi ngo n’ibigo byahawe inshingano zo kubafasha imikorere yabyo ngo ibamo amacenga kugeza uyu munsi ngo ntabuhungiro bafite, amakiriro bayateze kuri leta.

Inkuru ya Kubwimana Vedaste/RadioTV10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

U Bufaransa bwaciye urubuga rwa Google amayero miliyoni 500

Next Post

WOMEN ZONE V 2021: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mbere yo gucakirana na South Sudan-AMAFOTO

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
WOMEN ZONE V 2021: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mbere yo gucakirana na South Sudan-AMAFOTO

WOMEN ZONE V 2021: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mbere yo gucakirana na South Sudan-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.