Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera

radiotv10by radiotv10
05/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa bagana Ikigo cy’Urubyiruko cya Rwamagana, bavuga ko bumva amakuru y’Agakingirizo k’igitsinagore ariko batarakabona, ku buryo ba bumva bifuza kukabona ngo bamenye n’uburyo gakoreshwa.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC igaragaza ko urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 20, ari rwo rwugarijwe n’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA kuko ubwandu bushya mu rubyiruko bugenda bwiyongera, aho kuri ubu buri ku kigero cya 35% hashingiwe kuri raporo y’umwaka wa 2023.

Bamwe mu rubyiruko rugana Ikigo cy’Urubyiruko cya Rwamagana ‘YegoCenter’ byumwihariko abakobwa, baravuga ko nta gahunda zihari zibafasha gusobakirwa imikoreshereze y’agakingirizo k’igitsinagore ku buryo hari abakenera kukamenya no kumenya imikoreshereze yako.

Umwe muri bo utifuje ko amazina ye atangazwa mu itangazamakuru, yagize ati “Ntabwo nkazi (Agakingirizo k’igitsinagore), icyakora kaje tukakamenya na byo byadufasha.”

Mugenzi we na we yagize ati “Ndabyumva ko kabaho ariko sindakabonesha amaso yanjye. Kazanwa, hari abo twafasha, nyine batuzana bakatutwereka.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, kiravuga ko ubusanzwe ku bigo by’urubyiruko hakwiye kuba hari umukozi ushinzwe gusobanurira urubyiruko izi serivisi, ariko ko zibaye zidahari babikurikirana, akagira inama uru rubyiruko kuba rwifashisha Ibigo Nderabuzoma bibegereye.

Umuyobozi muri RBC w’Ishami rishinzwe gukumira Virus itera SIDA, Dr.Basile Ikuzo ati “Ubusanzwe Ibigo by’urubyiruko byose birabagira (abashinzwe gusobanurira urubyiruko gahunda z’ubuzima zitandukanye harimo n’udukingirizo), aramutse adahri byaba ari ukuvugana n’Akarere tukabaza impamvu. Ubundi aba asabwa kuba ahari.”

Akomeza agaruka kuri aka gakingirizo kakiri amayobera kuri bamwe mu bagakwiye kuba bagakoresha, Dr.Basile yagize ati “Karinda SIDA nkuko n’akandi kakurinda, gusa imikoreshereze yako sinzi ko twayisobanurira kuri Terefoni, ariko mo imbere haba harimo agapapuro karimo amabwiriza yabafasha kugakoresha.”

Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (Rwanda Demographic and Health Survey – RDHS 2019-2020) bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’abandi bafatanyabikorwa, bwagaragaje ko abakoresha udukiringizo tw’igitsinagore ari munsi ya 5% by’abakoresha udukiringizo bose, Naho abakoresha udukiringizo tw’abagabo barenga 90% by’abakoresha udukiringizo.

Urubyiruko rw’i Rwamagana rugana ikigo cyarwo ruvuga ko hari ibikiburayo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo

Next Post

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.