Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA
0
Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangiye iperereza ku bantu 22 bari hagati y’imyaka 13 na 17 basanze bapfiriye mu kabyiniro ko mu mujyi wa East London.

Imibiri y’aba basore n’inkumi, yabonetse mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 26 Kamena 2022, yahise ijyanwa mu buruhukiro kugira ngo ikorerwe ibizamini, hamenyekanane intandaro y’uru rupfu.

Kugeza ubu urujijo ni rwose ku cyaba cyahitanye izi ngimbi n’abangavu bari bagiye mu kirori cyo kwishimira isozwa ry’ibizamini, dore ko nta mubiri numwe ufite igikomere.

Ikimakuru Daily Dispatch cyo muri Afurika y’Epfo, kivuga ko imibiri yabo yari ikikije ameza n’intebe bigaragara nkaho bari bicayeho.

Umuvugizi w’urwego rw’ubuzima, Siyanda Manana yagize ati “Aka kanya ntabwo dushobora kumenya intandaro y’urupfi. Tugiye gukora isuzuma rya nyuma rikorerwa imibiri, vuba bidatinze turatangaza icyabahitanye.”

Minisitiri ushinzwe Polisi, Bheki Cele yavuze ko abapfuye bari hagati y’imyaka 13 na 17 y’amavuko, avuga ko bitumvikana ukuntu abantu batarageza imyaka y’ubukure, bahabwa inzoga mu kabari.

Nyiri aka kabyiniro witwa Siyakhangela Ndevu, yatangarije ibitangazamakuru byo muri iki Gihugu, ko na we yahaje mu gitondo ahamagawe ngo aze kureba.

Yagize ati “Nanjye ntabwo ndiyumvisha ibyabaye ariko ubwo nahamagarwaga mu gitondo, nabwiwe ko iwanjye huzuye abantu ndetse ko bari gushaka uburyo binjira ku ngufu.”

Uyu muyobozi w’akabyiniro yavuze ko na we ategereje ibizava mu iperereza ku cyaba cyateye urupfu rw’aba bana.

My deepest condolences go to the families of the 22 teenagers who lost their lives at a tavern in Scenery Park, East London, in the early hours of this morning.

— Cyril Ramaphosa 🇿🇦 (@CyrilRamaphosa) June 26, 2022

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Cyril Ramaphosa yihanganishije imiryango y’aba bapfuye.

Yagize ati “Nihanganishije cyanye imiryango y’izi ngimbi n’abangavu 22 baburiye ubuzima bwabo muri Scenery Park muri East London mu masaha yo muri iki gitondo.”

Yakomeje agira ati “Ibi birababaje cyane kuba binabanye mu kwezi kwahariwe urubyiruko, mu gihe twishimira abakiri bato, mu kubakorera ubuvugizi ndetse no kubaha amahirwe mu bikorwa by’iterambere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

Next Post

Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.