Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo ku wari wabuze basanze amanitse nyuma y’amagambo yabwiye n’uwo bari bagiranye ikibazo

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA
0
Urujijo ku wari wabuze basanze amanitse nyuma y’amagambo yabwiye n’uwo bari bagiranye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 25 wari umaze icyumweru yaraburiwe irengero, bamusanze mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi amanitse mu mugozi yarapfuye. Abo mu muryango we bavuga ko hari uwo bari baragiranye ikibazo akamubwira ko azamwica.

Umurambo w’uyu musore witwa Byiringiro Emmanuel, wasanzwe mu Mudugudu wa Gacamahembe mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe.

Umubiri we wagaragaye ubwo umufundi yari agiye gusakara ahantu havaga, abona umurambo w’uyu musore, bihita bimenyeshwa umuryango wari umaze iminsi utaka ko wabuze umuntu, baje basanga ni we.

Hari hagiye gushira icyumweru nyakwigendera aburiwe irengero ndetse abo mu muryango we bavuga ko hari ikibazo yaragiranye n’umuntu batashatse kuvuga mu buryo bwo kutica iperereza.

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuga ko uwo muntu wari wagiranye ikibazo n’uyu musore, yamubwiye ko azamugirira nabi, ku buryo bakeka ko bifitanye isano n’uru rupfu aho kuba yariyahuye.

Se wabo wa nyakwigendera witwa Ntirivamunda Daniel yagize ati “Ntabwo yimanitse. Ni abaje kumumanikamo, nibyo bigaragara kuko amaguru ahagaze hasi. Twamubuze ku wa Kane tujya gutanga ikirego muri RIB dusobanura ukuntu yagiranye ikibazo n’umuntu kandi yaramubwiye ko azamwica.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux yabwiye RADIOTV10 ko atari azi amakuru y’uko nyakwigendera yari amaze iminsi abuze ,icyakora yemeza ko ubuyobozi bwamenye iby’uru rupfu narwo rukihutira kumenyesha urwego rushinzwe iperereza.

Hahise hatangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba cyahitanye nyakwigendera, niba hari n’ababigizemo uruhare.

Bibaye nyuma y’umunsi umwe nanone mu Murenge wa Mururu muri aka Karere ka Rutsizi habonetse undi muntu w’umukobwa umanitse.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse nyuma y’icyumweru yaraburiwe irengero
Byateye urujijo abaturage
Hahise hatangira iperereza

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Liberia: Amatora ya Perezida yasubiwemo nyuma y’ukwezi habaye ayabuze uyegukana

Next Post

Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe

Nyuma y’uko humvikanye benshi bahitanywe n’ibirombe hari Kompanyi z'ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zahanwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.