Urutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga muri 2022 ruzagaragaraho amazina mashya 2 y’Abanyarwanda

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

NDAYISABA Saïd na MUGABO Eric bashyizwe ku rutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga bungirije “Assistant Referees'” ba FIFA mu mwaka wa 2022 basimbuye HAKIZIMANA Ambroise na NDAGIJIMANA Théogène bacyuye igihe.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukuboza 2021, nibwo FIFA yasohoye urutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga bemewe mu 2022 rugaragaraho abanyarwanda babiri bashya basimbuye abandi bacyuye igihe.

Izindi Nkuru

Ndayisaba Saïd na Mugabo Eric basimbuye Hakizimana Ambroise na Ndagijimana Théogène bacyuye igihe.

Mu mwaka wa 2022, u Rwanda rufite abasifuzi mpuzamahanga 17 harimo abo hagati 7 n’abungirije 10.

Ibi bigaragaza ko urwego rw’imisifurire mu Rwanda rukomeje gutera intambwe nubwo hakiri urugendo rwo kugira ngo abasifuzi b’abanyarwanda bagere ku rwego rushimishije.

Mukansanga Salima ni we musifuzi w’umunyarwanda rukumbi uzasifura igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun CAN 2021.

NDAYISABA Saïd
MUGABO Eric

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru