Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uvugwaho kuba yararozwe n’umugore we yavuye kwivuza asanga yashatse undi amubwira ko yumvaga azapfa

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in MU RWANDA
0
Uvugwaho kuba yararozwe n’umugore we yavuye kwivuza asanga yashatse undi amubwira ko yumvaga azapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu– Umugabo utuye mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero, atangaza ko yagiye kwivuza, agarutse umugore we abanza kumwirengagiza amubaza niba ari we wigeze kumubera umugabo, ahita anamuhishurira ko yashatse undi mugabo kuko we yumvaga ko azapfa.

Uyu mugabo witwa Simbizi Faustin ubu ntafite aho aba ahubwo arara aho ageze hose nko ku mabaraza y’inzu z’ubucuruzi agashyiraho ikarito ubundi akegeka umusaya.

Yavuze ko yabanje gufatwa n’uburwayi bw’amayobera bivugwa ko ari uburozi yarozwe n’umugore we, bigatuma ajya kwivuza mu bavuzi gakondo akamarayo iminsi.

Gusa ngo ikibabaje ni uko yagarutse iwe, aho kugira ngo umugore we amwakire nk’umutu bataherukanaga, ahubwo agatangira kumwirengagiza.

Ati “Nasanze yicaye mu mbuga, ndamubwira ngo kingura, umugore arahaguruka ahagarara ku rugi arambwira ngo ‘ni wowe wigeze kuba umugabo wanjye uri kumbwira ngo nkingure?’ ndavuga nti ‘ni njyewe nyine’.”

Ngo yaramukinguriye bajyana mu ruganiriro “ubwo ndicara kuko nari mvuye kuri moto naniwe, aranyitegerezaaa cyane. Ndamubwira nti ‘ko unyitegereza hari uwo wafatiye ideni”’ ngo ‘oya mugabo wanjye, mfite ikibazo nashatse undi mugabo’.”

Simbizi avuga ko yabajije umugore we icyamuteye gufata icyo cyemezo, akamusubiza agira ati “Wowe nari ko uzapfa ntabwo nari nzi ko uzaba umugabo wanjye.”

Avuga ko byamushobeye akabura icyo afata n’icyo areka, agahitamo kugenda ubu akaba asigaye arara aho ageze hose.

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo, bavuga ko ubwo yajyaga kugenda yari yarafashwe n’uburwayi bw’urujijo kuko yajyaga mu kiraka cyo guhinga aho kugira ngo agikore ahubwo agahita abura, bakavuga ko ari uburozi yari yarahawe n’uyu wari umugore we.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Ishimwe Pacifique yavuze ko iki kibazo batari bakizi ariko ko bagiye guhita bagikurikirana kugira ngo uyu muturage uri muri iyi mibereho agobokwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Ureganwa n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Imiturire ngo afite impungenge zo kugwa muri Gereza kuko yamuguye nabi

Next Post

Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

Related Posts

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

IZIHERUKA

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know
IMIBEREHO MYIZA

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.