• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uvugwaho kuba yararozwe n’umugore we yavuye kwivuza asanga yashatse undi amubwira ko yumvaga azapfa

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in MU RWANDA
0
Uvugwaho kuba yararozwe n’umugore we yavuye kwivuza asanga yashatse undi amubwira ko yumvaga azapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu– Umugabo utuye mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero, atangaza ko yagiye kwivuza, agarutse umugore we abanza kumwirengagiza amubaza niba ari we wigeze kumubera umugabo, ahita anamuhishurira ko yashatse undi mugabo kuko we yumvaga ko azapfa.

Uyu mugabo witwa Simbizi Faustin ubu ntafite aho aba ahubwo arara aho ageze hose nko ku mabaraza y’inzu z’ubucuruzi agashyiraho ikarito ubundi akegeka umusaya.

Yavuze ko yabanje gufatwa n’uburwayi bw’amayobera bivugwa ko ari uburozi yarozwe n’umugore we, bigatuma ajya kwivuza mu bavuzi gakondo akamarayo iminsi.

Gusa ngo ikibabaje ni uko yagarutse iwe, aho kugira ngo umugore we amwakire nk’umutu bataherukanaga, ahubwo agatangira kumwirengagiza.

Ati “Nasanze yicaye mu mbuga, ndamubwira ngo kingura, umugore arahaguruka ahagarara ku rugi arambwira ngo ‘ni wowe wigeze kuba umugabo wanjye uri kumbwira ngo nkingure?’ ndavuga nti ‘ni njyewe nyine’.”

Ngo yaramukinguriye bajyana mu ruganiriro “ubwo ndicara kuko nari mvuye kuri moto naniwe, aranyitegerezaaa cyane. Ndamubwira nti ‘ko unyitegereza hari uwo wafatiye ideni”’ ngo ‘oya mugabo wanjye, mfite ikibazo nashatse undi mugabo’.”

Simbizi avuga ko yabajije umugore we icyamuteye gufata icyo cyemezo, akamusubiza agira ati “Wowe nari ko uzapfa ntabwo nari nzi ko uzaba umugabo wanjye.”

Avuga ko byamushobeye akabura icyo afata n’icyo areka, agahitamo kugenda ubu akaba asigaye arara aho ageze hose.

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo, bavuga ko ubwo yajyaga kugenda yari yarafashwe n’uburwayi bw’urujijo kuko yajyaga mu kiraka cyo guhinga aho kugira ngo agikore ahubwo agahita abura, bakavuga ko ari uburozi yari yarahawe n’uyu wari umugore we.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Ishimwe Pacifique yavuze ko iki kibazo batari bakizi ariko ko bagiye guhita bagikurikirana kugira ngo uyu muturage uri muri iyi mibereho agobokwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 12 =

Previous Post

Ureganwa n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Imiturire ngo afite impungenge zo kugwa muri Gereza kuko yamuguye nabi

Next Post

Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.