Uwabaye Miss mu Bufaransa hamenyekanye icyamuzanye mu Rwanda

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Sonia Rolland Uwitonze ukomoka mu Rwanda, wabaye Miss France, yatangaje ko yishimiye kugaruka mu Gihugu cy’inkomoko cy’u Rwanda, ndetse anahishura icyamuzanye.

Sonia Rolland Uwitonze wabaye Miss w’u Bufaransa muri 2000, ni we witangarije ko yagarutse mu Rwanda asanzwe anafite inkomoko.

Izindi Nkuru

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram bunaherekejwe n’ifoto ye ari mu rw’Imisozi Igihumbi, ari ahantu hanogeye ijisho, yagize ati Nishimiye kugaruka mu Gihugu cyanyibarutse.

Yakomeje ubu butumwa bwe mu Kinyarwanda cyiza, ati Rwanda, naragukumbuye cyane!”

Nanone kandi uyu mugore ukomoka mu Rwanda, yavuze ko ari mu bikorwa byo gufata amashusho ya filimi yitwa ‘Entre Deux’, ari na byo byamuzanye mu Rwanda kuhafatira amashusho y’iyi filimi.

Sonia Rolland ukunze gusura u Rwanda, muri Gashyantare umwaka ushize wa 2022 na bwo yari mu Rwanda azanywe n’umushinga we wo kubungabunga ibidukikije yariho ategura, ndetse anizeza ko ari hafi kuwushyira mu bikorwa.

Asanzwe kandi afite imishinga ifasha abatishoboye abinyujije mu mushinga Maisha Africa, ufasha abana b’impfubyi za Jenoside, ubaha inkunga zinyuranye zirimo n’amafaranga y’ishuri.

Sonia Rolland yagaragaje ko ari mu Rwanda
Umwaka ushize na bwo yari ahari

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru