Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Donatille Mukabalisa wabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite icyuye igihe, yatorewe kuba Umusenateri muri Sena y’u Rwanda.

Hon. Donatille Mukabalisa usanzwe ari Perezida w’Ishyaka Riharanira ukwishyira ukizana kwa buri we (PL/Parti Liberal) yatowe kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024, mu matora y’Abasenateri bahagararira Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yo mu Rwanda.

Hon. Mukabalisa, yatorwe rimwe na Hon. Ndangiza Hadija Murangwa wari usanzwe ari Umusenateri kuva muri 2019, aho ari umwe mu banyamuryango b’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI.

Mukabalisa wabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite muri manda ebyiri kuva muri 2013 ubwo yatorwaga kuyobora Abadepite ndetse akongera kubitorerwa muri 2018, kugeza muri 2024 ubwo iyi Nteko yari imaze imyaka ine [ubundi manda y’Abadepite ni imyaka itanu] irangije manda yayo hatorwa indi Nteko mu matora yabaye bwa mbere ahujwe n’aya Perezida.

Mukabalisa usanzwe ari impuguke mu bijyanye n’amategeko, akaba yaranayigishije muri Kaminuza, mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yavuze ko yinjiye muri Politiki, kubera akarengane yabonaga kari mu Rwanda mu gihe cy’ubutegetsi bwabayeho mbere y’ 1994 bwarangwaga n’ivanguramoko n’irondakarere, akiyemeza gufatanya n’abandi bari biyemeje kubirwanya, aho ari no mu ba mbere batangiranye n’Ishyaka PL.

Aba Basenateri batowe muri iki cyumweru cy’Amatora y’Abasenateri bazinjira muri Sena y’u Rwanda, ni babiri muri bane bagomba guhagararira Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yo mu Rwanda, aho abandi babiri bazatorwa mu matora azaba nyuma.

Aba Banyapolitiki batowe kwinjira muri Sena y’u Rwanda, biyongereye ku bandi batowe muri iki cyumweru, barimo 12 bazahagararira Intara n’Umujyi wa Kigali, ndetse n’abandi babiri bazahagararira amashuri makuru na za Kaminuza.

Hon Mukabalisa aherutse kugirana ikiganiro na Radio10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

Next Post

Nyuma yuko herekanywe abakekwaho kwiba imodoka hatahuwe uwa moto nawe wakoreshaga amayeri

Related Posts

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko herekanywe abakekwaho kwiba imodoka hatahuwe uwa moto nawe wakoreshaga amayeri

Nyuma yuko herekanywe abakekwaho kwiba imodoka hatahuwe uwa moto nawe wakoreshaga amayeri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.