Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Uwabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite agiye kugaruka mu Nteko y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Donatille Mukabalisa wabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite icyuye igihe, yatorewe kuba Umusenateri muri Sena y’u Rwanda.

Hon. Donatille Mukabalisa usanzwe ari Perezida w’Ishyaka Riharanira ukwishyira ukizana kwa buri we (PL/Parti Liberal) yatowe kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024, mu matora y’Abasenateri bahagararira Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yo mu Rwanda.

Hon. Mukabalisa, yatorwe rimwe na Hon. Ndangiza Hadija Murangwa wari usanzwe ari Umusenateri kuva muri 2019, aho ari umwe mu banyamuryango b’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI.

Mukabalisa wabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite muri manda ebyiri kuva muri 2013 ubwo yatorwaga kuyobora Abadepite ndetse akongera kubitorerwa muri 2018, kugeza muri 2024 ubwo iyi Nteko yari imaze imyaka ine [ubundi manda y’Abadepite ni imyaka itanu] irangije manda yayo hatorwa indi Nteko mu matora yabaye bwa mbere ahujwe n’aya Perezida.

Mukabalisa usanzwe ari impuguke mu bijyanye n’amategeko, akaba yaranayigishije muri Kaminuza, mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yavuze ko yinjiye muri Politiki, kubera akarengane yabonaga kari mu Rwanda mu gihe cy’ubutegetsi bwabayeho mbere y’ 1994 bwarangwaga n’ivanguramoko n’irondakarere, akiyemeza gufatanya n’abandi bari biyemeje kubirwanya, aho ari no mu ba mbere batangiranye n’Ishyaka PL.

Aba Basenateri batowe muri iki cyumweru cy’Amatora y’Abasenateri bazinjira muri Sena y’u Rwanda, ni babiri muri bane bagomba guhagararira Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yo mu Rwanda, aho abandi babiri bazatorwa mu matora azaba nyuma.

Aba Banyapolitiki batowe kwinjira muri Sena y’u Rwanda, biyongereye ku bandi batowe muri iki cyumweru, barimo 12 bazahagararira Intara n’Umujyi wa Kigali, ndetse n’abandi babiri bazahagararira amashuri makuru na za Kaminuza.

Hon Mukabalisa aherutse kugirana ikiganiro na Radio10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje icyafashije u Rwanda kugera aho rugeze nyuma y’akaga gakomeye rwari ruvuyemo

Next Post

Nyuma yuko herekanywe abakekwaho kwiba imodoka hatahuwe uwa moto nawe wakoreshaga amayeri

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko herekanywe abakekwaho kwiba imodoka hatahuwe uwa moto nawe wakoreshaga amayeri

Nyuma yuko herekanywe abakekwaho kwiba imodoka hatahuwe uwa moto nawe wakoreshaga amayeri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.