Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwagiye kwibuka agasanga inka ye yatemwe iwe hagiye kongera kugaragara igicaniro

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwagiye kwibuka agasanga inka ye yatemwe iwe hagiye kongera kugaragara igicaniro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi, watemewe Inka umwaka ushize ubwo yari yagiye mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yashumbushijwe, avuga ko yishimiye kuba agiye kongera kunywa amata no kubona ifumbire.

Mutesa Jean Bosco avuga ko Inka ye yatemwe umwaka ushize ubwo abagizi ba nabi bayisangaga mu kiraro bagasanga yagiye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Twibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi naratashye ngeze mu rugo nsanga abagizi ba nabi bantemeye inka, bituma nyigurisha imburagihe.”

Mutesa Jean Bosco ni umwe mu baturage 60 bari muri gahunda yo kugabirwa Inka, barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abamugariye ku rugamba rwo kuyihagarika.

Avuga ko yishimiye kuba mu rugo iwe hagiye kongera kurangwa inka, kuko agiye kongera kunywa amata, ndetse akazajya abona n’ifumbire. Ati “Ndanezerewe kuba abikorera banyibutse bakaba banshumbushije.”

Nkurunziza Ernest, Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba ari na rwo ruzatanga inka 60; avuga ko guha mu gihe nk’iki cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ngombwa kuba hafi abayirokotse.

Yavuze kandi ko ari na ngombwa guha icyubahiro abagize uruhare mu guhagarika Jenoside, ari na yo mpamvu mu bagomba kugabirwa muri iyi minsi 100, harimo n’abamugariye ku rugamba.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert avuga ko abikorera bo muri iki bari gufatanya na Leta kubaka Igihugu no kugiteza imbere, ashimangira ko biterwa n’uko Igihugu gifite ubuyobozi bwiza.

Ati “Iyo urebye ibibi byinshi byakozwe n’abikoreraga muri Leta za mbere no mu gihe cya Jenoside ukagereranya n’ibyo ab’ubu bari gukora mu kongera kucyubaka no kugisana, ni ikinyuranyo. Turabasaba gukomeza muri uwo mujyo.”

Igikorwa cy’urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba cyo guha inka abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’abamugariye ku rugamba rwayihagaritse, kizakomereza mu Karere ka Rutsiro.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 4 =

Previous Post

Nigeria: Hatangajwe amakuru mashya ku bakekwaho kwica basagariye umupolisikazi washenguye benshi

Next Post

Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.