Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwagiye kwibuka agasanga inka ye yatemwe iwe hagiye kongera kugaragara igicaniro

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwagiye kwibuka agasanga inka ye yatemwe iwe hagiye kongera kugaragara igicaniro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi, watemewe Inka umwaka ushize ubwo yari yagiye mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yashumbushijwe, avuga ko yishimiye kuba agiye kongera kunywa amata no kubona ifumbire.

Mutesa Jean Bosco avuga ko Inka ye yatemwe umwaka ushize ubwo abagizi ba nabi bayisangaga mu kiraro bagasanga yagiye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Twibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi naratashye ngeze mu rugo nsanga abagizi ba nabi bantemeye inka, bituma nyigurisha imburagihe.”

Mutesa Jean Bosco ni umwe mu baturage 60 bari muri gahunda yo kugabirwa Inka, barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abamugariye ku rugamba rwo kuyihagarika.

Avuga ko yishimiye kuba mu rugo iwe hagiye kongera kurangwa inka, kuko agiye kongera kunywa amata, ndetse akazajya abona n’ifumbire. Ati “Ndanezerewe kuba abikorera banyibutse bakaba banshumbushije.”

Nkurunziza Ernest, Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba ari na rwo ruzatanga inka 60; avuga ko guha mu gihe nk’iki cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ngombwa kuba hafi abayirokotse.

Yavuze kandi ko ari na ngombwa guha icyubahiro abagize uruhare mu guhagarika Jenoside, ari na yo mpamvu mu bagomba kugabirwa muri iyi minsi 100, harimo n’abamugariye ku rugamba.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert avuga ko abikorera bo muri iki bari gufatanya na Leta kubaka Igihugu no kugiteza imbere, ashimangira ko biterwa n’uko Igihugu gifite ubuyobozi bwiza.

Ati “Iyo urebye ibibi byinshi byakozwe n’abikoreraga muri Leta za mbere no mu gihe cya Jenoside ukagereranya n’ibyo ab’ubu bari gukora mu kongera kucyubaka no kugisana, ni ikinyuranyo. Turabasaba gukomeza muri uwo mujyo.”

Igikorwa cy’urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba cyo guha inka abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’abamugariye ku rugamba rwayihagaritse, kizakomereza mu Karere ka Rutsiro.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Nigeria: Hatangajwe amakuru mashya ku bakekwaho kwica basagariye umupolisikazi washenguye benshi

Next Post

Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Related Posts

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.