Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA
0
Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 43 y’amavuko ukekwagaho kuba avana urumogi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwe mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, asanganwa udupfunyika twarwo 5 600.

Uyu mugabo witwa Uhoraningoga Methode, yafashwe na Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ryamusanze mu Mudugudu wa Kamuhirwa, mu Kagari ka Kamurera, mu Murenge wa Kamembe ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 19 Ukwakira 2022.

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, yavuze ko Polisi yari ifite amakuru ko uyu Uhoraningoga asanzwe acuruza urumogi akura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ku wa Gatatu ni bwo twahamagawe n’umuturage wo mu Mudugudu wa Kamuhirwa, avuga ko amubonye afite umufuka bikekwa ko urimo iurumogi.”
CIP Mucyo Rukundo avuga ko Polisi yahise itegura igikorwa cyo gufata uyu mugabo, ndetse ikaza kumufata.

Ati “Abapolisi bamugwa gitumo muri uriya Mudugudu wa Kamuhirwa afite umufuka wari urimo udupfunyika 4 900 tw’urumogi ahita atabwa muri yombi, Abapolisi bagiye kumusaka iwe mu rugo mu Mudugudu wa Kadasomwa, mu Kagari ka Kamashangi basangayo utundi dupfunyika 700 twari mu gafuka kari gateretse mu cyumba araramo.”

Akimara gufatawa, yemereye Polisi ko asanzwe acuruza urumogi ndetse ko n’urwo yafatanywe yari yarukuye muri Congo mu rukerero rw’uwo munsi yafatiweho.

Uyu mugabo akimara gufatwa, yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kamembe ndetse n’ibiyobyabwenge yafatanywe.

Gusa yavuze ko yari yaruhawe n’uwitwa Mama Linda bari bumvikanye ko ari bumushyire ibihumbi 300 Frw nyuma yo kurugurisha.

CIP Rukundo yaburiye abijandika muri ibi bikorwa bibi by’ubucuruzi w’ibiyobyabwenge, ati “Gushora amafaranga mu biyobyabwenge ni ukuyatwika kuko isaha iyo ari yo yose byafatwa, ubifatiwemo na we agafungwa, agasigara ari umutwaro ku muryango we n’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 4 =

Previous Post

Zambia: Minisitiri waje mu Nteko yambaye ikanzu ngo igakorogoshora Umudepite w’umugabo hari icyo yasabwe

Next Post

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.