Monday, February 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu muryango w’umuturage wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, wapfuye urupfu rutunguranye, baravuga ko ubuyobozi bwabashyizeho igitutu bigatuma bamushyingura shishi itabona muri shitingi, none ngo byabasigiye agahinda.

Mukamuhizi Claudine w’imyaka 45 yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, mu Mudugudu wa Mukingi, mu Kagari ka Rwinyana mu Murenge wa Bweramana, aho yari atuye.

Umuryango wa nyakwigendera uvuga ko yapfuye urupfu rutunguranye kuko nta burwayi yari afite, ariko ko ibyo batirirwa babitindaho kuko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwabikozeho iperereza.

Gusa ngo icyabasigiye agahinda, ni uburyo yashyinguwemo butabanejeje nkuko bivugwa na bamwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera.

Bavuga ko ubuyobozi bwabasabye gushyingura uyu muntu wabo shishi itabona, mu gihe iyo bitonda bari gushaka ubushobozi bakamuherekeza neza.

Umwe yagize ati “Yashyinguwe nabi byaratubabaje kuko yashyinguwe nta sanduku, ibintu byihuta cyane kandi twarashaka ko yashyingurwa neza mu cyubahiro, tukamushakira isanduku ariko ntibyakunze kuko bashakaga ko duhita tubikora vuba vuba. Badushyizeho igitutu.”

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwabasabaga gushyingura uyu muntu mu buryo bwihuse, bubabwira ko nibatamushyingura byihuse, bamumusigira bakirwariza.

Undi ati “Leta se ko yatuzaniye shitingi bati ‘nimukore ibyihuta’, bati ‘tugiye gupimisha umuntu wa muganga, nituvayo dusange mwabonye ishyamba umuntu mumushyingure’. Kumushyingura muri shitingi ntabwo byari bikwiye.”

Bavuga ko babanje no gusaba abayobozi ko baba baretse bakabanza bagashaka isanduku, ariko bakababera ibamba.

Undi ati “Baratubuwe bati ‘nta by’amasanduku, tubahaye shitingi nshyashya, ngo turamuhamba muri iyi shitingi’.”

Akomeza avuga ko byababaje, ati “Bidatanga isura mbi se kubona umuntu muzima ashyingurwa muri shitingi, ibyo ni ibintu bizima?”

Uyu muturage akomeza avuga ko nubwo uyu nyakwigendera yari umukene ariko n’ubuyobozi butari bukwiye gutuma umuturage wabwo ashyingurwa muri ubu buryo, ahubwo ko na bwo bwari gushaka uburyo bubona isanduku.

Ati “N’ubuyobozi bugomba guseba, twese twarasebye n’abaturanyi twarasebye, njye nanamenye ubwenge no guhamba mu misambi bitakibaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana, Ntivuguruzwa Emmanuel yavuze ko nta ruhare ubuyobozi bwagize mu ishyingurwa ry’uyu muturage.

Ati “Haba harabayeho uburangare bw’umuryango kugira ngo babe babikora muri ubwo buryo [gushyingura muri shitingi] ariko ntabwo ubwo burangare bujya bubaho ku buyobozi.”

Uyu muyobozi avuga ko umuryango wa nyakwigendera ushobora kuba warakekaga ko ubuyobozi buzawufasha mu bikorwa byo kumuherekeza ariko ko bwari bwabasobanuriye ko bubafasha mu gukora isuzuma ariko mu gushyingura bakirwariza.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hakuzimana says:
    3 years ago

    Nonese abo baturage iyo ninkuru bahimbye uwo muyobozi nukwikura mukimwaro kuko ntiyabyemerera itangaza makuru.

    Arega abaturage rwararenganye cyane cyane twebwe Two mucyaro usanga abayobozi badufata nkabatagira ubwenge bityo bakatuyoboraba igitugu.

    Reply

Leave a Reply to Hakuzimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =

Previous Post

Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29

Next Post

Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Related Posts

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

by radiotv10
02/02/2026
0

Nyuma y’uko hashize imyaka 2 hari umwana wo mu murenge wa Muganza waheze mu buriri bitewe no kugongwa n’imodoka ya...

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

by radiotv10
02/02/2026
0

Mu kwizihiza umunzi w'Intwari z'u Rwanda ku rwego rw'Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w'ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu,...

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton
IBYAMAMARE

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

by radiotv10
02/02/2026
0

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

02/02/2026
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

02/02/2026
Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

02/02/2026
Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

02/02/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Eng.-AFC/M23 reacts to Congolese government over exploitation of tragedy that killed over 200 people

02/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Indi mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abagenzi yo mu Rwanda yagoganiye n’indi muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

Amakuru mashya ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.