• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in MU RWANDA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema abaturage, yavuze ko abo bagabo barashwe nyuma yo gushaka no gutema abapolisi bari baje gutabara.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku ya 16 rishyira ku ya 17 Nzeri 2025 mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba muri aka Karere ka Kamonyi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Intyoza.com, avuga ko aba bagabo batemwe na Polisi nyuma yuko hari abaturage biyambaje Abapolisi kuko bariho bakorerwa ubugizi bwa nabi n’aba bagabo.

Bamwe mu batuye muri aka gace, bavuga ko abo bagabo bari bafite intwaro gakondo nk’imihoro ndetse n’ibyuma, baje bakinjira mu kabari karimo abaturage, ubundi bakababuza kwinyagambura.

Aba baturage bavuga ko abo bagabo baje banywa ibiyobyabwenge n’inzoga zisindisha, ariko umwe muri bo akaza kuvumburwa na nyiri ako kabari wameneye ibanga umwe mu baturage ko aba bagizi ba nabi hari ahandi bakoze amahano, umwe muri abo bagabo yamara kubyumva akabibwira bagenzi be.

Ngo amaze kubibwira bagenzi be ko babatahuye, bahise bafata izo ntwaro gakondo bari bahishe, batangira gukubita no kwambura abaturage ibyo bari bafite.

Abagiriwe nabi bagatemwa n’aba bagizi ba nabi, ni Mwenedata Samuel, Niyitanga Emmanuel, Munyeramba Innocent hamwe na Ndayisenga Floribert.

Byatumye bamwe biyambaza Polisi, na yo ihagoboka bwangu, ariko aho abapolisi bahagereye, abo bagizi ba nabi bashaka na bo kubatema, ari na bwo na bo bitabaraga bakabarasa.

Umuturage uvuga ko yageze ahabereye ibi ubwo abapolisi bari bamaze kuhagera, yatangaje ko aba bashinzwe umutekano basabye abo bagabo guhagarika ibyo barimo, ariko bakababera ibamba ahubwo bagashaka na bo kubatema.

Uyu muturage avuga ko umwe muri abo bagabo yashatse gusingira umupolisi umwe ashaka kumutemesha umuhoro, ariko undi mupolisi ahita amurasa.

Ngo ubwo umwe muri abo bagabo akimara kuraswa, bagenzi be bahise basatira undi mupolisi bashaka kumutema, na bo bahita baraswa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, utifuje gutangaza byinshi kuri ibi byabaye, yatangaje ko hahise hatangira gukorwa iperereza, gusa aboneraho guhumiriza abaturage, ko Polisi idashobora kuzihanganira uwo ari we wese washaka kubagirira nabi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + nine =

Previous Post

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.