Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga ko uyu Mukuru w’Igihugu akomeje gushyira imbere intambara nk’iturufu yazamufasha kuguma ku butegetsi, bityo ko adashobora kubyihanganira, anavuga ko ateganya gukorera imyigaragambyo i Kinshasa.

Jean Marc Kabund wigeze kuyobora ishyaka rya Tshisekedi, ubu washinze ishyaka rye rya Alliance pour le Changement, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, yatangaje iby’iyi myigaragambyo ateganya gukora.

Yavuze ko adashobora kwihanganira ibibazo byugarije Igihugu cyabo birimo iby’umutekano, imibereho y’abaturage, ibijyanye n’ubukungu, ndetse n’ibyo muri Politiki yavuze ko irimo akajagari.

Byumwihariko ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kabund yavuze ko ibibazo byugarije abatuye kiriya gice, bikwiye gushakirwa umuti.

Yagize ati “Abavandimwe bacu bo mu burasirazuba bari mu buzima tudashobora kwihanganira, kandi ntibikwiye gushakirwa umuti n’abandi, ahubwo hakwiye ibikorwa bifatika bigamije kugarura amahoro, ubundi bakaba mu mutekano kuri gakondo yabo.”

Yavuze ko umuti w’ibibazo byo muri kiriya gice cya Congo, nta handi wava atari mu biganiro. Ati “Inzira z’ibiganiro bya Politiki, ntabwo ari amahitamo, ahubwo ni itegeko ntakuka. Dukurikije ibi, nidukomeza kwanga gushyira igitutu kuri Félix Tshisekedi ngo atumize ibiganiro bihuriza hamwe abantu bose ndetse n’abakoresha intwaro, twaba turi gukora ikosa rikomeye ryaba risa nk’ubugome bwo kuba yagumana ubutegetsi na nyuma ya manda ya kabiri ari na yo ya nyuma kuko bigoye ko yabona manda ya gatatu binyuze mu nzira zo kuvugurura Itegeko Nshinga.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko “Tshisekedi yahisemo gukomeza gukoresha inzira z’intambara, kugira ngo agaragaze ko agikeneye igihe cyo kuguma ku butegetsi, kandi ko abantu bakomeje kubimwemerera” bazabyicuza.

Ati “Ikibabaje ni uko imibare ya politiki y’uburyo bwa machiavéli buri gushyirwa mu bikorwa, nta mpuhwe na nke zigirirwa Abanyagihugu bacu bo mu burasirazuba kandi ubuzima bw’abantu bukomeje kuhatikirira.”

Kabund uteganya gukora uru rugendo rw’imyigaragambyo y’amahoro kuzakora tariki 15 Ukuboza 2025, yasabye abaturage b’i Kinshasa, kuzajya kumushyigikira muri iyi myigaragambyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Next Post

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by'urugomo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.