Uwari Mayor w’agateganyo wa Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu akinjira muri Njyanama yayo

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Mulindwa Prosper wari Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rutsiro, yatorwe kuyobora aka Rubavu kari kamaze amezi arindwi kadafite umuyobozi. Yatorewe uyu mwanya nyuma y’iminota micye yinjiye muri Njyanama y’aka Karere agiye kuyobora.

Prosper Mulindwa yatowe kuri uyu wa Kane tariki 07 Ukuboza 2023, mu matora yo kuzuza nyobozi na Njyanama z’Uturere dutandukanye, zitari zuzuye.

Izindi Nkuru

Yatowe nyuma y’uko atorwe kuba Umujyanama Rusange w’Akarere ka Rubavu, aho yatsinze amatora yari ahanganyemo n’abantu 13, akaba yagize amajwi 106 mu gihe uwari wamukurikiye ari we Kazarwa Doreen yari yagize 18.

Hahise habaho amatora y’Umuyobozi w’Akarere, aho Mulindwa Prosper yatsinze Nyangoma Vincentie bari bahanyanye.

Mulindwa Prosper yagize amajwi 180 mu gihe Nyangoma bari bahanganye we yagize amajwi 78, aho Abanyanama batoye bose bari 259.

Uyu muyobozi mushya w’Akarere ka Rubavu agiye gukomeza manda y’uwari umuyobozi w’aka Karere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse wirukanwe muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023.

Mu migabo n’imigambi ya Mulindwa, avuga ko ashyize imbere guteza imbere aka Karere yifashishije ubunararibonye bw’imyaka 17 amaze mu nzego z’ibanze, mu guteza imbere igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Rubavu ukaba umujyi ubereye ubukerarugendo no kuzamura imiryango ifite amikoro macye kandi ibigizemo uruhare.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru